Kuri uyu wa 16 Nzeri 2025, mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge habereye Urubanza ruregwamo uwahoze ari Minisitiri w’Ibikorwaremezo Dr Ernest Nsabimana, uyu ashinjwa n’umukobwa uvuga ko bakundanye amwizeza kuzamugira umugore nyamara birangira yishakiye undi. Nyiri ukurega akavuga ko uko kubeshywa, byamugizeho ingaruka zirimo n’uburwayi budakira. Ni urubanza rwabereye benshi urujijo, cyane ko hari abavugaga ko bibabereye ubwa mbere kumva ibirego bishinja uwabeshye undi ibitangaza by’urukundo akaza kumwisubirana, mu gihe undi yari yamaze kumwiyegurira wese. Nyuma ngo baje kumvikana ko bagomba kubana, bakabanza cyakora guca m’Umurenge, noneho ibigendanye n’indi mihango bikazaza nyuma.

Uko ari babiri babyumvikanye gutyo, Chantal abimenyesha n’ababyeyi bidatinze cyakora, yumva ko umusore yaba yishakiye undi utariwe, agenda atanamubwiye impamvu, mu gihe yari yaramaze kumwitegura, kubera iyo ntimba amuteye, bimuviramo uburwayi burimo agahinda gakabije; Umuvuduko w’amaraso; Guhinduka ku ibara ry’uruhu, ku buryo muganga yamaze kwemeza ko atabonye ubuvuzi bwa vuba no gupfa yapfa.

Muganga Chantal arega Dr Nsabimana, amushinja kuba yaramwangirije urukundo n’ubuzima bwe, ubwo yamwizezaga ibitangaza, byatumye nta wundi musore akunda mu buzima bwe kubera kutamenya ko harimo no kumubeshya, bityo agasaba ko Urukiko rwategeka uwo arega, kumuvuza ingaruka n’ibikomere byatewe n’ibibazo yamusigiye, akamuha n’indishyi z’akababaro. Uregwa, ntabwo yitabye iburanisha, gusa ahagararirwa n’umwunganizi mu by’amategeko Me Iyamuremye Maurice.

Me Iyamuremye avuga ko ibyo umukiliya we aregwa, yumva nta shingiro bifite. Bityo asaba Urukiko kudaha agaciro ibimuvugwaho, akavuga ari ibigamije kumutesha agaciro no kumwambika isura itari iye.

Aganira n’itangazamakuru nyuma y’iburanisha ritamaze akanya, Muganga Chantal avuga ko yareze Dr Ernest Nsabimana amushinja kumwicira ubuzima, bityo akaba asaba kuvuzwa ibikomere yamuteye, agahabwa n’indishyi z’akababaro zo kuba atarigeze ashaka umugabo kubera we.

Agira ati “Dr Ernest yarampemukiye cyane. Twakundanye twese dukennye. Twumvikana ko tuzabana mu buryo buciriritse tugasezerana ku murenge, amikoro yazaboneka, tugakurikizaho n’indi mihango yo gusaba no gukwa ndetse n’iby’Idini. Ntabwo rero namenye icyamuhinduye, kuko bidatinze numvise ko yazanye umugore, abikora atambwiye, ngo yumve byibura uko mbyakira, ku buryo Muganga wansuzumye yanyandikiye imiti irengeje ibihumbi 400 by’amafaranga y’u Rwanda.
Ni inkuru dukesha igisabo.rw



