Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
  • MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge
  • NGORORERO: Ibihazi byari byivuganye Gitifu w’umurenge akizwa n’amaguru
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » MUSANZE: Nyirakanama Vénantie yasubijwe uburenganzira ku butaka bwe kubera igitutu cy’itangazamakuru
Ubutabera

MUSANZE: Nyirakanama Vénantie yasubijwe uburenganzira ku butaka bwe kubera igitutu cy’itangazamakuru

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasMay 17, 2026Updated:May 17, 2026146 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Umukecuru Nyirakanama Vénantie wo mu mudugudu wa Kabere; Akagari ka Cyogo; Umurenge wa Muko, arashimira itangazamakuru ryatumye asubizwa uburenganzira ku butaka bwe yari amaze amezi agera muri atatu abwambuwe mu buryo budasobanutse kandi abufitiye icyangombwa.

Ni uburenganzira ku butaka yari yarambuwe n’inzego z’ibanze, aho yasabwe n’ubuyobozi kuzibura ubuvumo (Grotte) buherereye aho yari atuye atarahakurwa n’ibiza kuko kutahazibura biteza umutekano muke mu baturage. Ayo mazi yaburaga inzira, agasendera mu ngo z’abaturage no mu myaka yabo.

Ubuyobozi bubonye ko Nyirakanama Vénantie byamunaniye gukura icyo gitaka cyazanwe n’amazi y’isuri mu isambu ye, bwafashe icyemezo cyo guha buri muturage wese ubishoboye uburenganzira bwo kuza kwifatira kuri icyo gitaka kugira ngo haziburwe ubwo buvumo, bityo hirindwe ibiza bishobora kuzabatera mu mezi y’imvura.

N’ubwo ubuyobozi bubivuga gutya ariko siko byari biteye, ahubwo Nyirakanama yabwambuwe ku bw’inyungu z’umukuru w’umudugudu n’abo bari basangiye kumwangaza.

Yagize ati: “Ubutaka ni ubwa njye kandi mbufitiye n’icya ngombwa cya burundu nubwo nahakuwe n’ibiza ariko ni mu kwanjye. Niba imvura iguye ntayihamagaye igakoyora ibitaka mu musozi, ikabizana mu kwanjye, ni manu Imana iba yanyihereye kandi ubwo buvumo bavuga nta buhari niyo mpamvu nanjye amazi yahanyimuye ariko ibyo bitaka nanjye nabyikuriramo kandi nsanzwe mbyikuriramo.”

Nyirakanama yakomeje abwira Karibumedia.rw ko bamwambuye ubwo burenganzira ku butaka bwe kubera ngo yubakiwe na Leta ko ubwo butaka bugomba guhabwa abaturage bakabubyaza umusaruro babumbamo amatafari yabo bayagurisha abo bishakiye, aho kubukoresha mu nyungu rusange.

Yagize ati: “Ubutaka bwanjye ubuyobozi bwabugabije abaturage bwitwaje ngo ko ntashoboye gutwara icyo gitaka bavugaga ko aricyo cyazibye ubuvumo kandi nzi neza ko ntabuvumo buba mu isambu yanjye. Narirukanse njya ku murenge ntibagira icyo bamarira ndetse no ku karere biba bityo ari nayo mpamvu nitabaje abanyamakuru.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Cyogo, Itangishaka Marie Chantal yemereye Karibumedia.rw ko Nyirakanama yambuwe uburenganzira ku butaka bwe kubera ko atubahirizaga ibyo yategetswe n’ubuyobozi.

Yagize ati: “Nibyo koko Nyirakanama twamwambuye ubwo burenganzira kubera ko twamubwiye gusibura ubuvumo bwari bwazibijwe n’isayo yazanwe n’isuri noneho twemerera abaturage buri wese ushoboye ko yaza akitwarira kuri icyo gitaka kugira ngo twirinde ko imvura yagwa amazi akabura aho anyura agateza ibiza mu baturage ariko niba yumva yabikora ubwe, abo baturage nk’uko ari twe twabahaye ubwo burenganzira twabahagarika noneho Nyirakanama agasubirana ubwo burenganzira.”

Gitifu Itangishaka Marie Chantal yabajije Nyirakanama niba agiye kubikora mu gihe cy’ukwezi kumwe akaba yabirangije, Nyirakanama arabyemera maze hakorwa inyandiko mvugo y’ibyo Nyirakanama yiyemeje igira iti: “Twebwe ubuyobozi bw’Akagari ka Cyogo, tugiranye amasezerano na Nyirakanama Vénantie ko agiye gusibura ikibare kiri mu isambu ye kuko hatera ibiza abahatuye, akaba ahawe ukwezi ko kubikuraho, bikazaba byararangiye tariki ya 12/06/2026, waba utarahasibura, abaturage bakazaryikuriramo.”

Aya masezerano akimara gukorwa no gushyirwaho imikono n’abayagiranye ndetse n’abatangabuhamya, umunyamabanga nshingwabikorwa, Itangishaka Marie Chanta yahagaritse ku mugaragaro abaturage bari barahawe uburenganzira bwo gutwara icyo gitaka aho yagize ati: “Nk’uko mwari mwarahawe uburenganzira bwo gutwara icyo gitaka, na none murahagaritswe kuva iyi saha kugira ngo nyirabwo Nyirakanama aryikuriremo ariko ukwezi nikurangira atarabikuramo tuzongera tuhabasubize mu bikore. Ariko uzafatirwamo kuva uyu munsi azafatwa nk’umujura.”

Aha ni naho ikibazo cyarangiriye maze Nyirakanama ashimira ubuyobozi n’itangazamakuru ariko kandi anabizeza ko ibyo yemereye ubuyobozi agiye kubishyira mu bikorwa mu maguru mashya.

Yanditswe na SETORA Janvier.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) Rwemeje Itabwa Muri Yombi ry’Abayobozi Babiri mu Karere ka Nyamagabe

July 30, 2026

Perezida w’urukiko rw’ikirenga yasabye abacamanza kongera ubumenyi ku manza z’ubutaka n’iz’umuryango

July 20, 2026

BURERA: Uwitwa NTIRENGANYA Etienne akomeje kuba ikibazo mu baturage ba Gahunga

June 3, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,827 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,584 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,092 Views

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 20261,016 Views

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 17, 20260

Nk’uko twabibagejejeho mu nkuru yacu iheruka, ku itariki ya 14/08/2026 ahagana saa moya hagaragaye umwotsi…

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.