Author: MANIRAGUHA Ladisilas

Ingabo z’u Rwanda za Batayo ya 13 (RWABATT13) ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, UN, bwo kubungabunga amahoro muri Santarafurika (MINUSCA), zambitswe imidari y’ishimwe yatanzwe na Perezida Faustin Archange Touadera, kubera umurava, ubunyamwuga n’umusanzu wazo mu kurinda abasivili. Ni igikorwa cyabereye mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu iherereye mu Mujyi wa Bangui, cyitabiriwe n’abayobozi mu nzego zitandukanye zirimo iza gisirikare n’iza Leta. Ingabo z’u Rwanda zatangiye koherezwa mu butumwa muri Santrafurika guhera muri Mutarama 2014, zikaba ari zimwe mu zigize ubutumwa bw’amahoro bwa UN buzwi ku izina rya MINUSCA. Ku ntangiriro, u Rwanda rwoherejeyo abasirikare bagera kuri 850 binyuze mu butumwa bwari…

Read More

Mu mudugudu wa Busasamana, Akagari ka Shangi, Umurenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, haravugwa urupfu rutunguranye rwa  Semushi Pierre Céléstin w’imyaka 67, wari mu murima n’umugore we witwa Nyirahategekimana Séraphine bakura imyumbati, umugabo yagize isereri, yitura hasi ahita apfa. Ubarijoro Evariste, yabwiye Imvaho Nshya ko ubusanzwe batuye mu Mudugudu wa  Karambo mu Kagari ka Shangi, bari bazindukiye gusarura imyumbati  bahinze muri uwo murima uri mu Mudugudu wa Busasamana. Ati: “Amakuru umugore we yaduhaye, yavugaga ko nta bundi burwayi  budasanzwe azi umugabo we yari afite, hanyuma ko ubwo bakuraga iyo myumbati, umugabo yafashwe n’isereri umugore akura imyumbati areba mu gice…

Read More

Bavandimwe, ko iyo umuntu azi ko amashuri yegereje atangira kureba aho yakura ubushobozi kugira ngo igihe nikigera azabone icyo abwira Diregiteri, ko iyo umuntu afite ubukwe mu mezi atatu, ane ari imbere atangira agatumira, agakoresha inama z’ubukwe kugira ngo arebe uburyo ibirori bizagenda neza…, ko iyo imvura imanutse umuhinzi yitegura agashyingura imbuto kugira ngo atazasabiriza mu isarura, mwebwe mwitegura mute ibura ry’amazi riba riteganyijwe mu gihe cy’Impeshyi? Hari ubwo se mujya mutekereza ko mu Mpeshyi Imana izakora ibitangaza mu bigega n’imashini za WASAC igatubura amazi nk’uko yatubuye divayi i Kana ya Galileya? Mwebwe mwitegura mute? Genzura neza mu rugo…

Read More

Umutwe wa AFC/M23 ukomeje kurwanira n’Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Masisi, ku wa Mbere wigaruriye uduce dushya two muri iriya Teritwari iri mu zigize intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ni uduce turimo aka Ngululu na Ndete twombi two muri Groupement ya Nyamaboko ya mbere. Utu duce twombi uriya mutwe watwigaruriye nyuma yo kutwirukanamo abarwanyi ba b’imitwe ya Wazalendo imaze igihe irwana ku ruhande rw’ingabo za Leta, mu mirwano yabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 28 Nyakanga. Amakuru aturuka muri Masisi avuga ko ingabo za AFC/M23 zagabye igitero muri turiya duce twombi…

Read More

Imyuzure yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu bice byinshi byo mu Bushinwa mu ijoro ryo ku wa 28 rishyira uwa 29 Nyakanga 2025 yishe abantu 30 mu Murwa Mukuru, Beijing. Ikinyamakuru Xinhua cya Leta y’u Bushinwa cyatangaje ko iyi myuzure yatumye ubuyobozi buhungisha abaturage bagera ku bihumbi 80 mu gihe byitezwe ko imvura nyinshi izakomeza kugwa. Urwego rushinzwe ubutabazi muri Beijing rwasobanuye ko mu karere ka Miyun hapfuye abantu 28, muri Yanqing hapfa babiri, mu tundi turindwi hangirika byinshi. Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, yasabye abatabazi gukorana umurava mu rwego rwo kugabanya umubare w’abicwa cyangwa se bakomeretswa n’iyi myuzure. Amashuri,…

Read More

Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, BRALIRWA rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2025 rwungutse Miliyari 18,4 Frw. Amafaranga yungutswe na BRALIRWA muri ayo mezi yazamutseho 24,1 % kuko mu gihe nk’icyo mu 2024 yari yungutse miliyari 14,8 Frw. Muri rusange BRALIRWA yinjije miliyari 32 Frw, mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2025, avuye kuri miliyari 26 Frw yari yinjije mu mezi atandatu ya mbere ya 2024. Uru ruganda ruvuga ko kwiyongera kw’amafaranga rwinjiza byatewe n’impamvu zitandukanye zirimo kwiyongera kw’ingano y’ibicuruzwa bisembuye n’ibidasembuye rushyira ku isoko, guhindura ibiciro ngo birusheho kujyana n’isoko ndetse no gukundwa kw’ibinyobwa byarwo…

Read More

Ubu aho u Rwanda rugeze ntibigisaba kujya ibwotamasimbi ugiye gushaka serivisi z’ubuvuzi kuko n’izavugwaga ko zikomeye ubu i Kigali zisigaye zitangwa nta nkomyi. Mu bijyanye no kubaga ho u Rwanda rumaze kugera kure kuko ubu ushobora kubona serivisi zitandukanye zirimo nko kubaga ubwonko, umutima, kongerera amaraso umwana uri mu nda, gusimburiza abantu ingingo n’ibindi Noneho aho ubuvuzi bwacu bugaragariza ko bwakataje mu gutera imbere ni uko bwarenze kuvura indwara zisanzwe gusa ahubwo noneho umuntu asigaye anafashwa kugira imiterere ashaka. Si ubuvuzi bumenyerewe dore ko ibitaro bibukora bikiri mbarwa mu gihugu. Kubaga umuntu hagamijwe ubwiza ubu bikorerwa mu Bitaro Byitiriwe…

Read More

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko mbere y’umukino wa gicuti uzayihuza na Young Africans SC, hazaba undi mukino uzahuza abasaza b’iyi kipe “Inoubliable FC” n’indi kipe izatangazwa. Rayon Sports iri gutegura umunsi wayo wihariye uzwi nka “Rayon Sports 2025”, uzabera muri Stade Amahoro tariki ya 15 Kanama 2025. Mu kiganiro yagiranye na Radio 10 kuri uyu wa Kabiri, Perezida w’iyi kipe, Twagirayezu Thaddée, yavuze ko yifuzaga ko ikipe y’abagore na yo yakina umukino wa gicuti ku “Munsi w’Igikundiro”, ariko bihurirana n’uko hari undi mukino w’ikipe y’abasaza. Ati “Narabyifuje cyane ariko Rayon Sports igendana n’ubushobozi. Ntabwo byakunze ko…

Read More

Abasirikare batatu ba Uganda bapfiriye mu mpanuka y’imodoka yabareye mu mujyi wa Bunia, intara ya Ituri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abandi benshi barakomereka. Iyi mpanuka yabaye tariki ya 28 Nyakanga 2025, ubwo imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yageraga ku kiraro cya Ngando kiri ku muhanda uhuza santere ya Djugu na Masikini muri gurupoma ya Loranu. Abashinzwe umutekano basobanuye iyi mpanuka yatewe n’ikiraro kibi, kandi ko abapfuye n’abakomeretse bamaze gucyurwa banyujije mu gace ka Nebbi kari mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Uganda. Kuva mu Ugushyingo 2021, ingabo za Uganda ziri mu burasirazuba bwa RDC mu bikorwa…

Read More

Mu gihe umujyi wa Goma n’uwa Bukavu yari ikigenzurwa n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ntihashiraga icyumweru hatumvikanye inkuru ebyiri cyangwa eshatu z’abantu bishwe n’abagizi ba nabi, cyane cyane abacuruzi. Ibyo byatumaga Umunyarwanda cyangwa undi munyamahanga ajyayo yikandagira, kuko yabaga afite ubwoba ko ashobora kuba umwe muri izo nzirakarengane. Mu mujyi wa Goma hakorwaga umukwabu wahawe izina rya ‘Safisha Mji’ wari ugamije kurwanya amabandi. Intego yawo yari nziza ariko hari Abanyarwanda benshi bawufatiwemo barengana, barimo abagabo, abagore ndetse n’abana; ibyahuzwaga no kuba umubano wa RDC n’u Rwanda wari warazambye. Ku bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bava i Rubavu bajya…

Read More