Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100
  • Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi
  • RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2
  • KARONGI: Imihanda yinjira mu mujyi igiye gushyirwamo ibihangano nyabugeni
  • GICUMBI: Imurikabikorwa ryagaragaje ko abaturage badakangwa n’ibihe by’Impeshyi
  • Mu Burundi: Ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bumaze iminsi ibiri butaboneka
  • U Rwanda rwashoye miliyari 48 Frw muri nkunganire ku biciro bya peteroli
  • Ingabo za RDF zirwanira ku butaka zasoje amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » U Burusiya bugiye gukora urukingo rwa virusi itera SIDA
Ubuzima

U Burusiya bugiye gukora urukingo rwa virusi itera SIDA

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasAugust 28, 20259 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Inzobere mu by’indwara z’ibyorezo mu Kigo gikora ubushakashatsi cya Gamaleya giherereye i Moscow mu Burusiya, zatangaje ko urukingo rwitezweho kurwanya virusi itera SIDA (HIV) rushobora kuba rwabonetse mu myaka ibiri iri imbere.

 

Ku wa 27 Kanama 2025, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kurwanya indwara z’Ibyorezo muri Gamaleya, Vladimir Gushchin, yabwiye RIA Novosti ko uru rukingo ruzaba rukoresha ikoranabuhanga rya messenger Ribonucleic Acid (mRNA).

Bitandukanye cyane n’inkingo zisanzwe kuko mRNA zo zitanga amakuru y’imiterere y’uturemangingo tw’umubiri kugira ngo dukore proteines zidasanzwe z’ubudahangarwa, bityo umubiri ukabasha kwirwanaho mu gihe uhuye na virusi.

Gushchin yagize ati “Turi gukora ‘Antigen’ ya mbere izatanga ubudahangarwa bushobora kurwanya ubwoko bwinshi bwa virusi. Intsinzi y’urwo rukingo izaterwa n’uko ikinyabutabire cya ‘immunogène’ dukoresha kizashobora gutanga igisubizo cyo kwirinda ubwoko bwose bwa virusi.”

Yongeyeho ko virusi itera SIDA ifite ubwoko bwinshi cyane bityo bigoye kuyirwanya, agaragaza ko iki Kigo kiri gukora no kugerageza immunogènes zishobora kurwanya ubwoko bwinshi by’iyo virusi.

Gushchin yasobanuye ko ibikorwa byo gukora uru rukingo bizamara imyaka ibiri, rukazageragerezwa ku nyamaswa zifite imiterere igoye.

Ikigo cya Gamaleya cy’u Burusiya ni cyo cyakoze urukingo rwa Sputnik V, rumwe mu nkingo za mbere ku Isi zagaragaye mu kurwanya Covid-19, rwatangiye gukoreshwa mu kwezi kwa Kanama 2020.

Ni urukingo rwakoreshejwe mu bihugu bigera kuri 70 kandi rwerekanye ubushobozi bwo kurinda abantu ku kigero cya 97.8%.

Raporo ya UNAIDS Global AIDS Update 2025, igaragaza ko ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA ku Isi bwagabanyutseho 40% uhereye mu 2010. Mu gihe impfu ziterwa na SIDA zagabanyutseho 56% muri icyo gihe.

Mu mpera za 2024, 77% by’abantu miliyoni 40.8 bafite virusi itera SIDA bahabwaga imiti igabanya ubukana.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

Mu Rwanda: Abana 5% bari munsi y’imyaka itanu bafite ibibazo by’umubyibuho ukabije

July 3, 2026

IBINTU 10 DUKORA BYANGIZA UBWONKO BWACU:

May 20, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,698 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,474 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026970 Views

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025854 Views

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

By MANIRAGUHA LadisilasJuly 18, 20260

Hirya no hino mu gihugu, Leta ikangurira kandi ikaburira abaturage kureka kunywa inzoga nyinshi “Tunywe…

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026

KARONGI: Imihanda yinjira mu mujyi igiye gushyirwamo ibihangano nyabugeni

July 14, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.