Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
  • MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge
  • NGORORERO: Ibihazi byari byivuganye Gitifu w’umurenge akizwa n’amaguru
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » MTN Rwanda yaciwe miliyoni 30 Frw kubera serivisi mbi
Ikoranabuhanga

MTN Rwanda yaciwe miliyoni 30 Frw kubera serivisi mbi

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasAugust 23, 202538 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Urwego rw’Igihugu rugenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro, RURA, rwasobanuye ko Sosiyete y’Itumanaho ya MTN yamaze gukemura ikibazo cyari cyabayeho kigatuma ihanwa, aho yishyuye amande ya miliyoni 30 Frw mu gihe cy’iminsi ibiri.

 

RURA yahannye MTN Rwanda ku wa 28 Nyakanga 2025, nyuma y’ibibazo byari muri sisiteme yayo byatumye serivisi zo guhamagara, kohereza amafaranga n’izindi serivisi zikoresha USSD Code zidakora neza.

Uwo munsi MTN Rwanda, ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yavuze ko ibibazo byo guhamagara abakiliya bayo bahuye na byo byakemutse.

Itegeko rigenga ikoranabuhanga mu itangazabumenyi n’itumanaho, ingingo yaryo ya 26, ivuga ko iyo uwahawe uruhushya atubahirije icyemezo cyihanangiriza cy’Urwego Ngenzuramikorere cyafashwe hakurikijwe ibiteganwa n’itegeko, ahanishwa kimwe cyangwa byinshi muri ibi bihano birimo “gutanga ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi iri hagati y’ibihumbi 500 Frw na miliyoni 15 Frw kuri buri munsi wose atubahirije ibyo asabwa, uhereye igihe yamenyeshejwe icyemezo cyongeye gushimangirwa.”

Mu kiganiro yagiranye IGIHE, Umuyobozi Ushinzwe Ikoranabuhanga muri RURA, Gahungu Charles yasobanuye ko nyuma yo gufata icyo cyemezo, MTN Rwanda yishyuye gusa iminsi ibiri kuko yari imaze gukemura ikibazo.

Ati “Kugeza uyu umunsi ikibazo cyari gihari cyarakemutse, kuko nyuma y’uko tubahannye bashyizemo imbaraga nyinshi, bashatse igisubizo kandi batumenyesha ko babikosoye.”

Yakomeje avuga ko ari inshingano z’abatanga serivisi kugenzura no gukora ibishoboka byose ngo abakiliya babo babone serivisi uko bikwiye.

Ati “Ubu turi kugenzura ngo turebe kuko icyari cyabaye muri biriya bihe, cyari ikibazo rusange cyari cyabayeho. Ikiri gukorwa kugira ngo bitazongera kubaho ni uko twebwe nk’abagenzura dukomeza kugenzura imikorere y’abari muri urwo rwego ariko nabo ni inshingano zabo zo kugenzura ibyo bakora. Baba bagomba gushyiraho ingamba kuko baba bazi ingano y’ababagana, bagashyiraho abakozi, ibikoresho bishyashya n’ibindi byose.”

Gahungu yavuze ko “Nk’uko babitwijeje, natwe nk’uko twabonye ibyo bakoze, mu by’ukuri biratanga icyizere ko bitazongera. Naho ku kijyanye n’ingano y’amande, bishyuye iminsi ibiri.”

Ikibazo MTN Rwanda yagize gishingiye ku mubare munini w’abakoresha umuyoboro wayo, ku buryo byatumye uruta uwo ibasha kwakirira icya rimwe, bituma ihuzanzira ryayo ribura imbaraga zo gutanga serivisi ku mubare wiyongereye cyane.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Ali Monzer, wari witabiriye ibiganiro byahuje RURA n’abarimu, abayobozi ba za kaminuza n’abanyeshuri ku kungurana ibitekerezo ku bishobora gushyirwa mu itegeko rishya rigenga itangazabumenyi n’itumanaho, yagaragaje ko biteguye gukomeza gutanga serivisi nziza.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

Urubyiruko rurasabwa kwitwararika mu gukoresha imbuga nkoranyambaga

February 20, 2026

Google yaburiye abizera ‘AI’ buhumyi

November 19, 2025

Icyogajuru cya SpaceX cyageze mu isanzure nyuma y’inshuro icyenda z’igerageza

August 28, 2025
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,827 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,584 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,092 Views

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 20261,016 Views

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 17, 20260

Nk’uko twabibagejejeho mu nkuru yacu iheruka, ku itariki ya 14/08/2026 ahagana saa moya hagaragaye umwotsi…

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.