Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
  • MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge
  • NGORORERO: Ibihazi byari byivuganye Gitifu w’umurenge akizwa n’amaguru
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Israel: Bari mu myigaragambyo isaba Leta kumvikana na Hamas
Mu mahanga

Israel: Bari mu myigaragambyo isaba Leta kumvikana na Hamas

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasAugust 26, 20257 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Abanyamuryango b’ihuriro ‘Hostages and Missing Families Forum’ babyukiye mu myigaragambyo isaba ubutegetsi bwa Israel gushyira imbaraga mu biganiro bigamije gusaba umutwe witwaje intwaro wa Hamas kurekura abantu babo yagize imbohe.

 

Tariki ya 7 Ukwakira 2023, Hamas yagabye igitero gikomeye mu majyepfo ya Israel. Icyo gihe yishe abarenga 1100, igira imbohe abandi 251. Mu bo yagize imbohe, harimo 50 igifite, bikekwa ko 20 gusa ari bo bakiri bazima.

Abagize iri huriro biganjemo abafite ababo bagizwe imbohe na Hamas n’ababuriye ababo mu gitero cyo mu 2023. Mu gitondo cyo kuri uyu wa 26 Kanama 2025, bafunze imihanda minini mu mijyi ikomeye ya Israel nka Tel Aviv mu rwego rwo kugaragaza agahinda kabo.

Gusa Polisi ya Israel mu mwanya ushize yatangaje ko yamaze gufungura iyi mihanda, igira iti “Kuva mu masaha y’igitondo, imihanda yo mu bice byinshi yari yafunzwe ariko abapolisi abapolisi bari gukorera ku mihanda minini bayifunguye mu gihe gito.”

Aba baturage bavuga ko Guverinoma iyobowe na Benjamin Netanyahu ishyize imbere kugaba ibitero mu ntara ya Gaza, aho gushyira imbaraga mu biganiro by’amahoro byatuma Hamas irekura imbohe zose igifite.

Einav Zangauker watwariwe umwana witwa Matan Zangauker, yatangaje ko intambara Netanyahu arwana mu ntara ya Gaza nta ntego yumvikana ifite, kuko itigeze ituma Hamas irekura imbohe ifite.

Ati “Uyu munsi biragaragara ko Netanyahu atinya ikintu kimwe; igitutu cy’abaturage. Mu mwaka ushize twagombaga kuba twarahagaritse iyi ntambara, tugacyura imbohe zose n’abasirikare. Twari kuba twarabatabaye ariko Minisitiri w’Intebe yahisemo gutamba abasivili ku bw’inyungu z’ubutegetsi bwe.”

Dalia Cusnir yasobanuye ko abavandimwe babiri b’umugabo we, Iair na Eitan Horn bafatiwe na Hamas mu gace ka Kibbutz Nir Oz, Iair arekurwa muri Gashyantare 2025 hashingiwe ku biganiro byayobowe n’abahuza.

Yatangaje ko Netanyahu azi uko yabigenje kugira ngo Iair n’abandi barekurwe, ati “Ni we Minisitiri w’Intebe wagaruye imbohe zikiri nzima, umwe muri bo ni umuvandimwe w’umugabo wanjye, Iair. Ubu akwiye gukora igikwiye.”

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 25 Kanama yavuze ko afite icyizere ko Hamas izarekura imbohe zose igifite mu byumweru bibiri cyangwa bitatu.

Ruby Chen watwariwe umuhungu witwa Itay Chen, yashingiye ku ijambo rya Trump, agira ati “Turasenga ngo ibi bizabe ukuri, unashyire iki gihe ntarengwa imbere ya Minisitiri w’Intebe kugira ngo ibi birangire.”

Ingabo za Israel zikomeje kugaba ibitero muri Gaza, zigamije gusenya Hamas no kuyishyiraho igitutu kugira ngo irekura imbohe isigaranye. Ku wa 25 Kanama zarashe ku bitaro bya Nasser, zica abantu 20 barimo abanyamakuru batanu.

Aba baturage bafunze imihanda mu gitondo ariko Polisi yatangaje ko yamaze kuyifungura

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

Gen. Muhoozi yahaye gasopo abasore bagufi bashaka gutereta abakobwa be

April 29, 2026

Perezida Museveni yanikiye abandi bakandida ku mwanya w’umukuru w’igihugu

January 19, 2026

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,827 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,584 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,092 Views

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 20261,002 Views

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 17, 20260

Nk’uko twabibagejejeho mu nkuru yacu iheruka, ku itariki ya 14/08/2026 ahagana saa moya hagaragaye umwotsi…

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.