Imitwe igize ihuriro Wazalendo rishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye gusubiramo ipfa santere ya Mwenga mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Sosiyete sivili ikorera muri teritwari ya Mwenga yasobanuye ko iyi mitwe irimo uyobowe n’uwiyise ‘Général Malaika’ n’uwa ‘Général Nyakiliba’, iri kurasana ikoresheje intwaro z’ubwoko butandukanye kuva ku mugoroba wo ku wa 17 Nzeri 2025.
Umuyobozi muri iyi sosiyete sivili yagize ati “Kuva ejo ku mugoroba, imirwano ikomeye ihanganishije imitwe ibiri yo muri Wazalendo mu murwa mukuru wa teritwari ya Mwenga. Abarwanyi b’uwiyita Général Malaika n’aba Général Nyakiliba bari kurwanira kugenzura santere ya Mwenga.”
Umwe mu bavuga rikumvikana muri Mwenga yatangaje ko no mu gitondo cy’uyu wa 18 Nzeri, iyi mitwe yombi yakomeje kurasana, ibiro bikuru bya Nyakiliba biratwikwa.
Ati “Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, urusaku rwinshi rw’imbunda ziremereye rwumvikanye muri santere ya Mwenga, ruca igikuba mu baturage. Ibikorwa by’ubukungu n’uburezi byahagaze. Ibiro bikuru bya Nyakiliba byatwitswe.”
Aya makimbirane yavutse ubwo abarwanyi ba Malaika na Foka Mike bakuragaho bariyeri aba Nyakiliba bari bashyize mu muhanda munini unyura muri santere ya Mwenga. Ibyo byarabarakaje, batangira guhangana.
Nubwo Leta ya RDC ikingira ikibaba Wazalendo kuko bayifasha kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23, bigaragara ko yananiwe kugenzura imyitwarire yabo kuko ni kenshi bahangana hagati yabo, cyangwa se bakirara mu baturage, bakabica, bakabasahura, abandi bakabafata ku ngufu.
Hari ubwo imyitwarire mibi ya Wazalendo ifata intera, bagahangana n’ingabo za RDC, bapfa ibice baba bashaka kugenzura. Mu ntangiriro za Nzeri ho, bari bafunze umuhanda wo mu mujyi wa Uvira, basaba ko ofisiye wa Leta, Brig Gen Gasita Olivier, awuvamo bwangu.

