Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100
  • Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi
  • RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2
  • KARONGI: Imihanda yinjira mu mujyi igiye gushyirwamo ibihangano nyabugeni
  • GICUMBI: Imurikabikorwa ryagaragaje ko abaturage badakangwa n’ibihe by’Impeshyi
  • Mu Burundi: Ubwato bw’igisirikare cy’u Burundi bumaze iminsi ibiri butaboneka
  • U Rwanda rwashoye miliyari 48 Frw muri nkunganire ku biciro bya peteroli
  • Ingabo za RDF zirwanira ku butaka zasoje amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » BURERA: Umuganda nk’ityazo mu iterambere ry’igihugu.
Politike

BURERA: Umuganda nk’ityazo mu iterambere ry’igihugu.

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasSeptember 28, 2025Updated:September 29, 202548 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Kuri uyu wa Gatandatu kimwe n’ahandi hose mu gihugu, Akarere ka Burera bitabiriye ibikorwa by’umuganda, aho bacukuye imyobo izaterwamo ibiti bivangwa n’imyaka n’myobo ifafa amazi y’imvura; Batunganya imihanda n’ibiraro; Bubakira abatishoboye inzu n’ubwiherero ndetse hamwe na hamwe batera imirwanyasuri, dore ko bagiye kwinjira mu bihe by’imvura nyinshi.

Umuganda wakozwe mu mirenge yose igize Akarere ka Burera, ku rwego rw’Akarere wakorewe mu kagari ka Musasa; Umurenge wa Kinyababa. Abitabiriye umuganda mu kagari ka MUSASA bacukuye imyobo izaterwamo ibiti bitonona imyaka; Basiza ibibanza bizubakwamo amazu azatuzwamo abaturage bazimurwa mu kirwa cya MUNANIRA cyo mu kiyaga cya Burera.

Umushitsi mukuru yari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Madame KAYISIRE wakiriwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bwana MUGABOWAGAHUNDE Maurice; Hari kandi n’abanyacubahiro benshi, barimo: Ushinzwe umuryango; Abo mu nama y’Umutekano itaguye ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru; Abagize Inama Njyanama y’Akarere; Nyobozi y’Akarere; Abakozi b’Akarere n’abaturage benshi bitabiriye umuganda. Mu ijambo rye Madamu KAYISIRE, yasabye Abanyaburera gukora cyane kandi bakizigamira muri Ejo heza.

Yagize ati: “Banyaburera muri abakozi ariko turabasaba kwitabira gahunda za Leta; Kwitabira umurimo kurushaho, mugakora mwizigamira muri Ejo heza; Mukirinda ubusinzi n’ibiyobyabwenge; Mukitabira ibikorwa by’isuku n’isukura aho muba n’ahandi hose kuko isuku ari isoko y’ubuzima; Ubutaka bwose budahingwa mukabubyaza umusaruro. Ibi byose mbabwiye nimubyubahiriza nta kabuza muzatera imbere kurushaho”.

Kugira umuco w’isuku n’isukura no kwirinda ibiyobya bwenge, byagarutsweho n’umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Bwana MUGABOWAGAHUNDE Maurice, asaba abaturage b’aka karere kwanga umwanda urunuka. Aho yagize ati: “Mwirinde guta igihe mu businzi no kunywa ibiyobya bwenge, mwite ku miryango yanyu kuko mu bihe byashize hari ubwo wasangaga mu miryango myinshi harangwa abantu bafite umwanda; Barwaye amavunja n’izindi ndwara ziterwa n’umwanda; Ndabasaba kandi ko muri buri muryango mugira ubwiherero bwiza, bwujuje ibisabwa. Bityo rero, mwirinde ubusinzi bukururwa na kanyanga n’inzoga z’inkorano zitujuje ubuziranenge kuko twasanze ariyo ntandaro itera bamwe kutiyitaho ndetse n’ubukene”.

Ikindi umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, yasabye abaturage b’akarere ka Burera gukomeza kwitegura igihembwe cy’ihinga cya 2026 A. Agira ati: “Mucunge neza ibyo mwejeje kandi mugire umuco wo kwizigamira mu bigo by’imari n’amabanki”.

Uyu muganda witabiriwe kandi n’umuyobozi ushinzwe Umuryango ku rwego rw’Igihugu, aho yasabye abagize umuryango kurangwa n’imico myiza; Kugira ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, hirindwa amakimbirane mu muryango; Kugira umuryango utekanye kandi uteye imbere, bashyira imbere ibiganiro hagati mu bagize umuryango.

Muri uyu muganda Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Burera, Bwana BIZIMUNGU Jean Batiste yashimiye abaturage bitabiriye umuganda maze abasaba gushyira mu bikorwa impanuro n’inama bagiriwe n’abayobozi ndetse anabakangurira kurushaho kwitabira ibikorwa by’iterambere n’umuganda.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Madamu Solina NYIRAHABIMANA yashimiye abaturage bitabiriye umuganda w’ukwezi kandi ashimira n’abayobozi mu nzego zitandukanya bajye kwifatanya n’abanyaburera mu gikorwa cy’umuganda.

Mu nkuru yacu Karibumedia. rw turagaruka ku gaciro n’akamaro k’umuganda, Umuganda nk’igikoresho mu iterambere ry’umuturage n’igihugu muri rusange; Uhesha agaciro abawitabira kuko ni umuco w’abanyarwanda, igihe cy’umuganda ni umwanya mwiza abayobozi bakoresha bakangurira abaturage ibikorwa binyuranye bibafasha kwiteza imbere. Mu muganda abaturage bagirana ubusabane n’abayobozi kandi bakunga ubumwe hagati yabo.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

U Rwanda rwashoye miliyari 48 Frw muri nkunganire ku biciro bya peteroli

July 10, 2026

Ingabo za RDF zirwanira ku butaka zasoje amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru

July 10, 2026

GICUMBI: Hatangijwe ku mugaragaro imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa b’Akarere

July 9, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,698 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,474 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026970 Views

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025854 Views

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

By MANIRAGUHA LadisilasJuly 18, 20260

Hirya no hino mu gihugu, Leta ikangurira kandi ikaburira abaturage kureka kunywa inzoga nyinshi “Tunywe…

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026

KARONGI: Imihanda yinjira mu mujyi igiye gushyirwamo ibihangano nyabugeni

July 14, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

Igihe kitageze ku mwaka, mu Rwanda Kunywa Inzoga nyinshi no Gukoresha Ibinyobwa bitujuje Ubuziranenge bimaze guhitana abarenga 100

July 18, 2026

Gakenke: Umwarimu akurikiranyweho ubujura bw’amatungo magufi

July 16, 2026

RULINDO: Polisi yafashe itsinda ry’abagizi ba nabi, riheruka kwica abantu 2

July 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.