Abayobozi bo mu ntara y’Amajyaruguru barasabwa gukora ibishoboka byose kugira ngo umuturage ahore ku Isonga “Atuje kandi atekanye”. Guverineri aragira ati: “Ntimukagire ikibazo cy’umuturage musuzugura, mugomba kumwumva; Mukamutega amatwi kuko aba yazindutse aza kubareba ngo mumufashe, agomba kugenda yishimye”.
Ibi byagatutsweho na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru MUGABOWAGAHUNDE Maurice kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19/09/2025, ubwo yari yitabiraye inama mpuzabikorwa y’akarere ka Musanze. Aha abayobozi b’aka karere bagaragarije abari aho ibyagezweho mu mihigo y’umwaka w’ingengo y’imari ushize, hagaragazwa n’ibizakorwa mu ngengo y’imari y’umwaka 2025_ 2026. Guverineri y agize ati: “Ni byiza ko dukorera abaturage bagahora ku isonga, niyo mpamvu mbasaba mwese kwegera umuturage mukamutega amatwi; noneho mukamukemurira ibibazo afite akishima”.

Muri uyu muhango udasanzwe, Guverineri MUGABOWAGAHUNDE yakomeje ashimira abahawe ibihembo by’ubudashikirwa bagaragaje mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2024_ 2025.
Yagize ati: ” Turashimira cyane abahawe ibihembo by’indashyikirwa ariko kandi ngashishikariza abahembwe gukomeza kugira umuco wo guhiganwa bagakomeza gutwara ibikombe, uretse no mu karere bakabipiganira n’ahandi nko mu ntara cyangwa mu gihugu muri rusange ariko Kandi tugasaba n’abatabibonye kubiharanira kuko bizashoboka”.
Perezida w’Inama njyanama y’akarere ka Musanze, NDAYAMBAJE Michel yavuze ko bishimiye ibitekerezo byiza byatanzwe n’inama bahungukiye kandi ko ibiteganijwe kuzakorwa mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2025_ 2026 ko byose bizakorwa niharamuka habonetse ubushobozi cyane ko ngo byose bikubiye mu gitabo bateguriwe. Aha niho yahereye asaba abo basangiye imihigo kubigira ibyabo.
Yagize ati: “Ndasaba abo dusangiye uru rugendo kugira ibikorwa ibyabo, hateketezwa uburyo umusaruro wakwiyongera kabone nubwo ubutaka ari buke. Aha tugomba kwiga ubyo twahinga kinyamwuga mu bizwi nka ‘Green House’ no gutura tujya hejuru mu rwego rwo gukoresha neza ubutaka butoya dufite”.

NDAYAMBAJE yakomeje asaba abayobozi kuba abagaragu b’abaturage.
Yagize ati: “Bajyanama bagenzi banjye namwe bayobozi mutandukanye muri hano, nabasaba ko twaba abagaragu b’abaturage; Mukaba abayobozi batikanyiza; Mukaba ba mpinduramatwara ndetse mukaba na ba bandebereho kuko ntiwasaba umuturage kugira isuku wowe ntayo ufite. Murasabwa kuba simati (Smart) aho muri hose”.

Muri iyi nama mpuzabikorwa hatangiwe ibitekerezo byinshi birimo: Kutanyereza imisoro ya Leta; Kubungabunga w’umutekano; Kwirinda Ibyaha; Gusenyera umugozi umwe nk’abayobozi, ku bw’inyungu rusange z’abaturage n’ibindi.

Ikindi cyaranze iyi nama ni itangwa ry’ibihembo ku midugudu3 “Gahanga; Nyamagumba na Gakingo”, yahawe Seritifika n’ibahasha irimo ibihumbi magana atatu (300.000 frw); Utugari3 “Mburabuturo yo mu murenge wa Muko; Garuka yo mu murenge wa Musanze na Kampanga yo mu murenge wa Kinigi”, aho buri kagari kahawe Seritifika n’ibahasha irimo ibihumbi magana atatu y’amafaranga y’u Rwanda (300.000 frw).
Ni mu gihe imirenge3 yabaye indashyikirwa mu kwesa imihigo ari Muko yesheje imihigo ku kigero cya 90 %; Muhoza 88% na Shingiro 86%, aho buri murenge wahawe Serifika n’igikombo cy’ishimwe ndetse banahabwa Sheki y’ibihumbi magana atanu y’amafaranga y’u Rwanda (500.000 frw).

Hatanzwe kandi Ibikombe by’ishimwe ku miryango itagengwa na Leta irindwi “7”, izwi nk’abafatanyabikorwa b’aka karere ka Musanze ariyo: Action Aide Rwanda; Sacola; Hope and Home for Children; Give Directly Support; Gorilla Doctors; Gorilla Fund na SOS.

Muri uyu muhango hakurikiyeho gusinya imihigo ya 2025_ 2026, yasinywe bahereye kubabonye ibihembo “Utugari n’imirenge” n’abandi bakurikiraho ariko biteganijwe ko mu cyumweru kimwe gusinya imihigo bizaba byasojwe mu midugudu yose; Uku gusinya imihigo ya 2025_ 2026 bikazakomereza mu miryango “Urugo k’urundi”. Hahizwe imihigo 1281, harimo 269 “Imibereho myiza”; 684 “Ubukungu” na 318 “Imiyoborere myiza”.
Yanditswe na SETORA Janvier.

