Muri Matayo 13:54_ 57 hagira hati: “Ajya mu gihugu cy’iwabo, aheraho yigishiriza mu masinagogi yabo, bituma batangara bati: “Ubu bwenge n’ibi bitangaza uyu yabikuye he”?
[55] Mbese harya si we wa mwana w’umubaji? Nyina ntiyitwa Mariya, na bene se si Yakobo na Yosefu na Simoni na Yuda?; [56] Bashiki be na bo bose ntiduturanye? Mbese ibyo byose yabikuye he”?; [57] Ibye birabagusha.Yesu arababwira ati: “Umuhanuzi ntabura icyubahiro, keretse mu gihugu cy’iwabo no mu nzu yabo”.
Niba hari umumaro ufitiye abantu ariko bo bakaba batabibona ntibikakubabaze kuko na Yesu byamubayeho iwabo. Kora ibyo ugomba gukora, uzagirire neza bose uko uzabishobozwa n’Imana. Imirimo dukora duharanire ko ishimwa n’Imana kurusha ko twashimwa n’abantu..
Ushobora kuba warakomeretse ngo abantu ntibabona ibyiza ukora, nkubwize ukuri uzakomeza ukomereke kuko ntawuneza rubanda. Kora neza ushimwe n’Imana nibyo bizajya byandikwa mu gitabo cy’imirimo no mu gitabo cy’urwibutso.
Imana iguhe umugisha!
Yari mwene so muri Kristo Yesu
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

