Mu 2 Abakolinto 5:17 hagira hati: “[17]Umuntu wese iyo ari muri Kristo aba ari icyaremwe gishya, ibya kera biba bishize. Dore byose biba bihindutse bishya.
Abantu benshi baba mu buzima bwo gukora ibyaha nk’ubusambanyi; Ubujura; Ubwicanyi; Kuroga; Kwangana ….
UMUTIMA UGUCIRA URUBANZA NUSHIRE
Hari igihe umuntu aba yarakoze ibyaha, yagirirwa ubuntu bwo kubireka agasigarana ipfunwe, umutima ugakomeza ukamucira urubanza, ntagire amahwemo kandi yarakijijwe.
IYO WIHANIYE KUREKA, IMANA IRAKWEZA UGASA NA SHELEGI
Muri Yesaya 1:18, hagira hati: “[18]“Nimuze tujye inama”, ni ko Uwiteka avuga, “Naho ibyaha byanyu byatukura nk’umuhemba birahinduka umweru bise na shelegi, naho byatukura tukutuku birahinduka nk’ubwoya bw’intama bwera.”
HUMURA NIBA UTEGEREJE UWITEKA NTUZAKORWA N’ISONI MUGIHE WARETSE IBYAHA
Muri Zaburi 25:3_4, hagira hati: “[3]Si ko bizaba, mu bagutegereza nta wuzakorwa n’isoni. Abava mu isezerano ari nta mpamvu, ni bo bazakorwa n’isoni.
[4]Uwiteka nyereka inzira zawe,Unyigishe imigenzereze yawe.”
NIBA WARAKIJIJWE NTUZONGERE KUGIRA ISONI Z’IBYAHA WAKOZE. AHUBWO UZAGIRE ISONI NUSHAKA GUKORA IBINDI WAVUYE MU ISEZERANO.
Indirimbo ya 251(igitero cya nyuma)
Imana iguhe umugisha, ndagukunda!
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

