Mu kanya saa 12h45 inkuba ikubise umugore witwa MWISENEZA Dorcas, utuye mu mudugudu wa Gasiza; Akagari ka Karangara. Imukubise yicaranye n’umugabo we NDUWAYEZU, aho bombi bari bugamye mu kabare ko mu i Centre ya Gitesani; Ikubise n’undi mugore witwa NYIRABIKARI wo mu mudugudu wa Sasa ariko we biramenyekanye ko yari yugamye munsi y’igiti; Imukubitiye mu mudugudu wa Muhabura, aho yari mu murima n’abandi.
Aba bombi bahise bakorerwa ubutabazi byihuse, batwawe n’abamotari ku ivuriro “Centre de Santé” rya Rugarama naho umwana uri mu kigero cy’imyaka 2 wo muri aka kagari ka Karangara; Umudugudu wa Gasiza, bimaze kumenyekana ko yatembanwe n’umuvu w’amazi agasangwa mu cyobo gifata amazi y’imvura yashizemo umwuka. Iyi nkuba yumvikanye mu masaha ya 12h45, mu gihe hagwaga imvura nyinshi. Muri aka kagari imaze gukubita abantu batatu, aho yariherutse gukubita umukobwa witwa Olive wo mu mudugudu wa Muhabura ikamuhitana.
Umunyamakuru wa Karibumedia mu minota 10 yahise agera aho byabereye, amakuru amaze kumenyekana ni uko MWISENEZA Dorcas yihutishirijwe mu bitaro bikuru bya Ruhengeri; NYIRABIKARI we akomeje kwitabwaho n’abaganga bo kuri Centre de Santé ya Rugarama.

