Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
  • MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge
  • NGORORERO: Ibihazi byari byivuganye Gitifu w’umurenge akizwa n’amaguru
  • MUSANZE: Ikigo “RED ROCKS”, cyaganuje abaturanyi bacyo n’abanyamahanga karahava
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Dusangire ijambo ry’Imana! Theme: Umuntu utubatse ku rutare (Yesu Christu) nta kabuza ubuzima buramucanga, agakurizaho kugira imyitwarire itaboneye.
Iyobokamana

Dusangire ijambo ry’Imana! Theme: Umuntu utubatse ku rutare (Yesu Christu) nta kabuza ubuzima buramucanga, agakurizaho kugira imyitwarire itaboneye.

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasOctober 22, 2025Updated:October 22, 20257 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Muri Matayo 7:24-27, hagira hati: “[24]“Nuko umuntu wese wumva ayo magambo yanjye akayakomeza, azaba nk’umunyabwenge wubatse inzu ye ku rutare;

[25]imvura iragwa, imivu iratemba, umuyaga urahuha, byose byikubita kuri iyo nzu ntiyagwa, kuko yari ishinzwe ku rutare;
[26]“Kandi umuntu wese wumva ayo magambo yanjye ntayakomeze, azaba ari nk’umupfapfa wubatse inzu ye ku musenyi;
[27]imvura iragwa, imivu iratemba, umuyaga urahuha, byose byikubita kuri iyo nzu iragwa, kandi kugwa kwayo kwabaye kunini.”MU BIBAZO UFITE UBONA BITERWA N’IKI? ESE WUBATSE KU RUTARE MU BURYO BUKWIRIYE IMIYAGA IKABA IKUMEREYE NABI?

Hari ibibazo umuntu abamo kubera adakijijwe nubwo hari ababa mu rusengero bakibeshya ko bakijijwe.

Ese mu muryango wanyu ubonamo gukenyuka bikabije? Ese ubonamo kugumirwa bikabije? Ese ubonamo ubukene bukabije? Ese ubonamo ubujiji bukabije? Ese ubonamo Ubusinzi bukabije? Ese ubonamo Ubusambanyi bukabije? Ese ubonamo Kwiyahura? N’ibindi bisa nk’ibyo?

Birashoboka ko umuryango wawe utubatse ku rutare arirwo Yesu Kristo ahubwo mukaba mukiri mu kirere cyo guterekera, kubandwa n’ibindi bikorwa by’umwijima bitandukanye.

UMURYANGO WAWE NAWE UBAWE MWIHE YESU KRISTO, IMIGOZI MYINSHI IZACAGAGURIKA

Iyo migozi ikuboshye cyangwa iboshye umuryango wawe nta kindi kizayicagagura usibye Yesu Kristo. Tura umuryango wawe nawe ubwawe Yesu Kristo nibwo imiryango satani yinjiriragamo abiba, abica cyangwa ashaka kubarimbura izafungwa.

ESE UBA MU RUSENGERO ARIKO SATANI AKABA AKOMEJE KUKWIGIRIZAHO NKANA?

Niba usenga kandi ukijijwe ariko satani akaba akomeje kukwigirizaho nkana wisuzume niba hatari imiryango ifunguye (Ahari uracyabeshya; Uracyasambana; Urakiba; Ujya ugira amanyanga; Uracyaba mu bapfumu; Uracyanywa inzoga; Itabi n’ibindi …)

Ikindi ushobora kuba utabikora ariko bigaca mubo mufitanye amasano kuko nabo imiryango yabo ifunguye ishobora kukugiraho ingaruka mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

NUBA UHAGAZE NEZA UGASENGA CYANE, NTAKABUZA IGIHE CY’IMANA KIZAGERA UBOHORWE.

Irinde kandi urinde n’abawe cyangwa niba abawe bakomeje gufungura imiryango satani akakugezaho imijugujugu, ubihakane kandi witandukanye nabo mu mwuka. Nubikora maze ugasenga cyane, imigozi Yesu Kristo azayicagagura ubohoke burundu maze winjire mu buzima bw’ibitangaza gusa. Iki gihe icyo uzagerageza gukora cyose kizakubera kiza.

Ndagukunda mwene data muri Yesu Kristo. Imana iguhe umugisha!

Yari Pastor Alphonse HABYARIMANA.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

MENYA BYINSHI KURI “SIGNIS WORLD CONGRESS 2026”, IHURIJE HAMWE ABAKORA MU ITANGAZAMAKURU N’ITUMANAHO RYA KILIZIYA

August 6, 2026

Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri: Mu ma Paroisse atandukanye, hatangajwe aho Abapadiri bazakorera ubutumwa (Nominations) mu mwaka wa 2026/ 2027

July 4, 2026

Umugambi mubisha wa ‘NDUMUJURA’, uravugwa no mu bihayimana

May 27, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,817 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,574 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,079 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026991 Views

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 15, 20260

Mu rwego rwo kwitegura neza umuhango wo kwita izina abana b’ingagi, umuhango uteganijwe kuya 04/09/2026:…

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026

RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku

August 13, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.