Kuri uyu wa gatanu, tariki 31/10/2025, ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri ryatanze impamyabumenyi ku banyeshuri igihumbi na magana ane na mirongo irindwi n’icyenda (1479) harimo abanyamahanga ijana na cumi na babiri(112).
Muri izi mpamyabumenyi harimo izo mu cyiciro cya gatatu (Master’degree) zigera kuri 64 mu mashami atandukanye.
Intumwa ya Minisiteri y’uburezi muri uyu muhango NDIKUBWIMANA Theoneste yabwiye abarangije ko ari intambwe bateye ariko ko batagomba kwirara.
Yagize ati”Banyeshuri mubonye impamyabushobozi nababwira ko iyi ari intambwe muteye ariko kubona impamyabumenyi ntibihagije, si igipapuro ahubwo ni urufunguzo rw’umwanya mubonye wo gukomeza mugatera izondi ntambwe mugana imbere.”
Dr. Theoneste NDIKUBWIMANA.
Ndikubwimana yashoje ashimira ubufatanye hagati ya Minisiteri y’uburezi, inama nkuru y’amashuri makuru na Kaminuza na INES-Ruhengeri.
Yagize ati: “Minisiteri irashimira ishuri rikuru ry”ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri kubera uburyo rifatanya na Minisiteri y’uburezi n’inama nkuru y’amashuri makuru na Kaminuza mu guranga uburezi bufite ireme.”Umukozi mukuru w’Ikirenga wa INES-Ruhengeri, Nyiricyubahiro Musenyeri, umushumba wa Diyosezi Gatorika ya Ruhengeri, Harolimana Vincent, yanenze ubwinshi bw’uburo butagira umusururu ahubwo ashima ubwinshi bujyanye n’ubuhanga.
Yagize ati: “Ubwinshi butagira umusururu, Oya ariko ubwinshi bujyanye n’ubuhanga, Yego. Banyeshuri mubonye impamyabumenyi, mutewe ishema mwese n’urugendo rurerure rwo gukorera ku ntego mwakoze. Bityo, indangagaciro n’umuco nyarwanda mukuye aha muri INES bizababere akabando ko kwicumba ku isoko ry’umurimo kandi muzatubere ba ambasaderi beza aho muzajua hose.”
Nyiricyubahiro Musenyeri Harolimana Vincent.
Nyiricyubahiro Musenyeri HAROLIMANA yashoje ashimira abafatanyabikorwa batandukanye.
Yagize ati: “Turashimira abafatanyabikorwa bishyuriye abana barangije, tugashimira kandi ababyeyi bakomeje kugirira INES-Ruhengeri icyizere kuko iyi ni intambwe ihamagara izindi kugira ngo aba babonye impamyabumenyi bakomeze noneho Ibyo bize bazabibyaze umusaruro.”Ishuri rikuru rya INES-Rihemgeri ryatangiye mu mwaka wa 2003, ubu rikaba aribwo bwa mbere ritanze impamyabumenyi ku banyeshuri benshi (1479) mu bihimbi bitandatu na magana atanu (6.500) ryari rifite.