Muri Matayo 11:28 hagira hati:
“Mwese abarushye n’abaremerewe, nimuze munsange ndabaruhura”.
Muri iyi si harimo ibintu bicangacanze byiza kuri bamwe, bikaba bibi ku bandi. Bamwe baratunze abandi barakennye; Hari abarwaye abandi bakaba bataraga; Hari abafunze abandi bidegembya; Hari abashonje abandi barahaze; Hari abafite akazi abandi bakaba abashomeri; Hari abize abandi ntibize; Hari ababyibushye abandi barananutse…
Umuntu ahirwa mu gice kimwe ariko agakubitirwa mu kindi. Ubuzima ni hasi hejuru kandi ni gatebe gatoki. Ku bantu batihangana imvura igwa barikumwe n’abandi bakavuga ko bari kunyagirwa bonyine, izuba ryava bakumva nibo riri kwica bonyine.
Abantu benshi bahora mu bibazo; Bahorana igishyika, banezerwa gake. Ariko hari abantu bagira umunezero mwinshi n’ubwo baca mu bibazo bisa n’iby’abandi, ku buryo ab’isi bibacanga bikabananira kubyiyumvisha. Umunezero wuzuye uturuka muri Yesu Kristo wenyine bityo ntuzibeshye ko ubonerwa mu butunzi, kuko ni benshi babufite ariko bahora bashaka kwiyahura.
Akira umwami Yesu uzagira umunezero wuzuye.
Imana iguhe umugisha, ndagukunda!

