Muri Matayo 14:8-11 hagira hati:
“[8]Na we amaze koshywa na nyina aramubwira ati “Mpa igihanga cya Yohana Umubatiza ku mbehe”;
[9]Umwami arababara, ariko ategeka ko bakimuha ku bw’indahiro yarahiriye imbere y’abasangiraga na we;
[10]atuma mu nzu y’imbohe ngo bace igihanga cya Yohana;
[11]Bazana igihanga cye ku mbehe bagiha umukobwa, agishyīra nyina”.
A. NTUGATWARWE N’AMAHAME Y’IDINI NGO NI UKO ARI IRYO SO NA NYOKO BASENGERAMO.
Hari abantu banze kuva mu kubandwa; Mu guterekera; Mu madini ya gakondo ndetse n’andi ya gishiyani, aho amenshi yemera imikorere y’abazimu; Abapfumu n’abarozi, itangwa ry’ibitambo by’amaraso n’ibindi bibi kandi biteye ubwoba. Uzasanga akenshi muri iyo miryango yemera ibyo harimo abantu benshi bafite ibibazo byo mu mutwe (Abasazi); Kugumirwa; Ubumuga; Gukenyuka; gutindahara ….
Usibye kandi aya madini ya gakondo hari aho abantu basengera ariko ugasanga barinze basaza utababaza n’imirongo ibiri ya Bibiliya ngo bayikubwire; Ugasanga ntiwamubwira ngo agusengere abikore, wajya gusengerayo ugasinzira gusa cyangwa ukavayo wuzuye amavunane gusa. Gusengera ahantu utabohoka ngo hagire igihinduka mu buzima bwawe uba uri kuhata igihe. Niba usenga kandi ugasambana cyane, ugasenga ariko ukiba cyangwa ukariganya cyane, ukabeshya cyane kandi usenga. Wigendera ko ariho so na nyoko basengera, ahubwo reba niba hari impinduka hazana mu buzima bwawe kuko igikenewe ni uko uhinduka Yesu akakwishimira kuruta ko wagendera ku ihame ry’aho so na nyoko basengera.
B. HARI ABIHAYE IHAME RYO KUDATURA NGO BAZAJYA BAFASHA ABAKENE.
Nibyo gufasha abakene ni byiza kandi tubikore cyane, ariko no gutura tugomba kubikora kuko buri kintu cyose kigira umugisha wacyo. Uzasanga hari umuntu udatura kandi yajya gusenga agakoresha urupapuro rwo muri toilette ataguze; Agashaka ko asengera ahafite isuku kandi atajya aboneka ngo ayikore; Agashaka ko ubwirizwa n’abantu basa neza ariko ntashake gutura ngo babone imibereho.
Amahame yo kudatura aturuka kuri satani kugira ngo inzu z’Imana haburemo ubushobozi bwo gushyira ibintu byose mu buryo bukwiye (Soma muri Malaki 7:3-10).
Ijambo ry’Imana riravuga ngo kora kiriya ariko na biriya ntubireke. Bityo duture kandi tunafashe abakene. Yesu bamusiga amavuta ahenze ku birenge, Yuda asaba ko babireka bakayagurisha bagafasha abakene, Yesu ntiyabyemeye aravuga ngo abakene muzahorana, bityo ibya kayizari tubimuhe n’icyubahiro cy’Imana tugihe Imana.
Imana iguhe umugisha, ndagukunda!
Yari mwene so muri Yesu Kristo
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

