Muri Matayo 5:3, hagira hati: “[3]“Hahirwa abakene mu mitima yabo,Kuko ubwami bwo mu ijuru ari ubwabo.
Iyo muri uyu murongo wa Bibiliya bavuga umukene ntibaba bavuga ukennye ku butunzi bwo mu isi ahubwo baba bavuga ufite inzara n’inyota byo guhora ashakisha gukora ibyo umwami Yesu ashima, ashakisha umwami Yesu; Guhora afite inyota yo gusoma no kumva Ijambo ry’Imana.
Umuntu muzima ntashimishwa no kuba umukene, ahubwo agomba gukora, agatunga ndetse kandi ubwo butunzi akabukoresha mu bwami bw’Imana ndetse agafasha n’abakene.
TURI ABAMI NDETSE N’ABATAMBYI.
Mu Ibyahishuwe 5:10, hagira hati: “[10]ukabahindurira Imana yacu kuba abami n’abatambyi, kandi bazīma mu isi.”
Imana yaduhaye isi ngo tuyiyobore (ubwami) tubyaze ubutaka; Amazi; Ibimera n’inyamaswa zose umusaruro. Uwo musaruro utuma tubaho neza tudafite icyo tuganya ku mubiri. Niyo mpamvu tugomba gukora kugira ngo tubeho dufite ibidutunga; Ibyo kwambara; Tuba mu mazu meza n’ibindi byose bituma umuntu abaho aguwe neza
Nyuma yo kugubwa neza tugomba kuba abatambyi, dukora umurimo w’Imana; Dusenga kandi twita kubatameze neza mu izina rya Yesu.
Imana iguhe umugisha, ndagukunda!
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.


