Mu Intangiriro 18:10 hagira hati: “[10]Undi aramubwira ati: “Iki gihe cy’umwaka nikigaruka, sinzabura kugaruka aho uri, Sara umugore wawe abyare umuhungu.” Sara abyumva ari mu muryango w’ihema uri inyuma ye.
Aburahamu na Sara nubwo bari bageze mu zabukuru barabuze urubyaro, ntibabuze kubona igitangaza Imana yari yababwiye ibicishije mu ba Malayika bayo. Ku myaka iri hejuru ya 80, Aburamu yabyaye umwana amwita Isaka.
IBYO IMANA YAKUBWIYE NUBWO UKIJIJINGANYA BIZASOHORA
Mu Intang. 21:2 hagira hati: “[2]Sara asama inda ya Aburahamu ashaje, babyarana umuhungu igihe Imana yamubwiye kigeze”.
Sara bamubwiye ko azabyara kandi yaracuze, araseka agira ngo bahanuye ibinyoma.
AGAHINDA UFITE GATERWA NO KUTIZERA ISEZERANO
Niba hari icyo Imana yakubwiye wikomeza kurira, niba hari ijambo ry’ubuhanuzi ufite ribagarire, kuko nta kabuza icyo Imana yavuze ugiye kukibonesha amaso abiri.
Imana iguhe umugisha, ndagukunda!

