Theme: Ese bitewe n’ibibazo ufite bajya bakubaza ngo Imana yawe iri hehe? Ibibazo nk’ibyo ntuzongera kubyumva mu matwi yawe.
Muri Zaburi 42:4 hagira hati: “[4]Amarira yanjye ni yo yambereye nk’ibyokurya ku manywa na nijoro kandi bahora bambaza umunsi ukira bati: “Imana yawe iri hehe?”
Ushobora kuba umaze iminsi usenga ariko ibibazo bikakubana byinshi. Ahari wasengeye umugabo; Ahari wasengeye akazi; Ahari wasengeye abana bawe ngo bahinduke; Ahari wasengeye urubyaro; Ahari wasengeye urugo ngo rujye ku murongo…
Wakoresheje uburyo bwose bwo gusenga ariko ubona byaranze wariyirije, watereye imisozi, watanze ikifuzo cyawe ngo bagufashe gusenga ariko iminsi ishize ari myinshi urariri amanywa nijoro.
ISHIME KUKO IMANA YA ISIRAYELI IGUHAYE IBYO UMAZE IMINSI USABA
Muri 1 Samuel 1:17-18,20 hagira hati: “[17]Maze Eli aramusubiza ati “Genda amahoro. Imana ya Isirayeli iguhe ibyo wayisabye.”;
[18]Hana aramusubiza ati “Umuja wawe mbonere imbabazi imbere yawe.” Nuko uwo mugore aragenda arafungura, mu maso he ntihongera kugaragaza umubabaro ukundi;
[20]Igihe gisohoye Hana asama inda, bukeye abyara umwana w’umuhungu amwita Samweli ati “Kuko namusabye Uwiteka.”
Nk’umukozi w’Imana ishobora byose ndakubwiye ngo” Genda amahoro. Imana ya Isirayeli iguhaye ibyo wayisabye”
Byakire mu izina rya Yesu Kristo w’i Nazareti.
Pastor Alphonse HABYARIMANA

