Muri Matayo 15:32-37 hagira hati”
[32]Yesu ahamagara abigishwa be arababwira ati: “Mbabariye abo bantu kuko uyu munsi ari uwa gatatu turi kumwe, none ntibafite ibyokurya. Sinshaka kubasezerera batariye, isari itabatsinda ku nzira”;
[33]Abigishwa baramubaza bati “Muri ubu butayu twakura he imitsima ingana ityo yo guhaza abantu bangana batya?”;
[34]Yesu na we arababaza ati: “Mufite imitsima ingahe? ”Baramusubiza bati “Ni irindwi n’udufi duke”;
[35]Ategeka abantu ko bicara hasi;
[36]Yenda iyo mitsima irindwi n’udufi, arabishimira, arabimanyagura, abiha abigishwa be, na bo babiha abantu;
[37]Bose bararya barahaga, bateranya ubuvungukira busigaye, bwuzura ibitebo birindwi.
4. REKA KUGIRA UBWOBA BW’UBUTUNZI AHUBWO IZERE UMWAMI YESU NIWE USHOBORA GUTUBURA IBIKE BIKABA BYINSHI.
Yesu amaze kwigisha abantu barenga ibihumbi bine (4000) kuko abana n’abagore ntibari bababaze, yanze ko bagenda ashaka kubagaburira kuko bari bamaranye igihe kandi batahaga kure cyane.
Ntakindi yabagaburiya bararya barahaga usibye imigati 7 n’udufi duke bari bafite.
WOWE UBUSHOBOZI UFITE KO BURENZE IMIGATI 7 UJYA UBASHA KUGABURIRA ABANTU BANGAHE?
Abantu bafite ibintu byinshi birenze imigati 7 ariko bahora barira ngo nibike. Niba imigati 7 ihaza abantu 4000, wowe ubona ushatse kugaburira abantu wagaburira bangahe?
NUGIRA URUKUNDO UZAGABURIRA BENSHI KURUTA UKO IMIBARE YAWE IBIKUBWIRA.
Gukora neza biva kurukundo ntibiva ku bwinshi bw’ibyo dutunze, kuko hari abantu benshi bafite ibya mirenge ariko badafasha cyangwa bafasha bakeya ugereranyije n’abafasha benshi kandi batunze bike.
URUKUNDO RUTUMA UKORA IBINTU BIDASANZWE.
Niba ufite urukundo uzakora ibintu birenze ubwenge bwawe, kandi niba ushaka igitangaza gihera ku mutima wuzuye urukundo n’imbabazi. Ubundi ubutunzi bwinshi ushaka Imana ibufitemo izihe nyungu?
ESE WOWE UFITE UBWOBA BW’UBUTUNZI?
Nubwo ibiciro biri kuzamuka, ugakorera amafaranga ukabona aguciye mu myanya y’intoki, wowe wihangayika, ahubwo hamagara Yesu aze aganze mu byawe azajya abitubura maze umutima wawe utuze.
DORE IBANGA RYO KUNEZERERWA UBUTUNZI BWAWE.
Umuntu udatanga icyacumi ahorana igishyika; Ahorana ikidodo; Ahora ahangayikiye ubutunzi kandi umuntu udatanga icyacumi ubundi asenze ntasubizwe yakwitwaza iki mu gihe utubahiriza ibiri muri Malaki 3:7-12?
Imana ibahe umugisha!
Yari mwene so muri Yesu Kristo
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

