Muri Matayo 15:32-37 hagira hati:
[32]Yesu ahamagara abigishwa be arababwira ati “Mbabariye abo bantu kuko uyu munsi ari uwa gatatu turi kumwe, none ntibafite ibyokurya. Sinshaka kubasezerera batariye, isari itabatsinda ku nzira”;
[33] Abigishwa baramubaza bati “Muri ubu butayu twakura he imitsima ingana ityo yo guhaza abantu bangana batya?”;
[34] Yesu na we arababaza ati “Mufite imitsima ingahe?”Baramusubiza bati “Ni irindwi n’udufi duke”;
[35] Ategeka abantu ko bicara hasi;
[36] Yenda iyo mitsima irindwi n’udufi, arabishimira, arabimanyagura, abiha abigishwa be, na bo babiha abantu;
[37] Bose bararya barahaga, bateranya ubuvungukira busigaye, bwuzura ibitebo birindwi.
1. NUGIRA ABASHYITSI UDAFITE ICYO KUBAKIRIZA GIHAGIJE NTUKAGIRE UMUNABI. AHUBWO DORE AMAHIRWE WABIKURAMO.
Hari umuntu ugira abashyitsi kandi asigaranye agafu n’utuvuta duke yarya uwo munsi byose bigashira kandi atari kubona ahandi akura ibindi, aho kumera nka wa mupfakazi wahuye na Eliya ahubwo agakurizaho kurakara, kugira umunabi no guhisha ibiryo bihari ngo adasangira n’abandi.
2. ELIYA YABWIYE UMUPFAKAZI NGO GENDA UVUGE AKO GATSIMA KANDI UMBANZE.
Mu 1 Bami 17:12-16 hagira hati:
[12] Na we aramusubiza ati “Nkurahiye Uwiteka Imana yawe ihoraho, nta gatsima mfite keretse urushyi rw’agafu nshigaje mu giseke n’uturanguzwa tw’amavuta mu mperezo. Ubu dore ndatoragura udukwi tubiri, kugira ngo nsubire mu nzu nkivugire n’umwana wanjye, ngo tukarye twipfire”;
[13] Eliya aramubwira ati “Witinya genda ubigenze uko uvuze, ariko banza umvugireho akanjye ukanzanire hano, maze ubone kwivugira n’umwana wawe;
[14] Kuko Uwiteka Imana ya Isirayeli ivuze itya ngo ‘Icyo giseke ntabwo kizaburamo ifu, n’amavuta ntabwo azabura muri iyo mperezo, kugeza ku munsi Uwiteka azavubira isi imvura’;
[15] Nuko aragenda abigenza nk’uko Eliya yamubwiye kandi uwo mugore na Eliya n’abo mu rugo rwe bamara iminsi babirya
[16] Icyo giseke nticyaburamo ifu n’amavuta ntiyabura muri iyo mperezo, nk’uko Uwiteka yavugiye mu kanwa ka Eliya.
3. HAHIRWA ABUBAHA IMANA BAKIZERA N’ABAGARAGU BAYO.
Iyo uyu mupfakazi agira ubugugu kubera yari asigaranye agafu gake cyane, ntiyari kukavuga ngo abanze agaheho umukozi w’Imana ariko kumvira no kubaha byatumye Imana itubura agafu maze haboneka ibihaza abantu batatu igihe cyose cy’inzara kirangira bo bameze neza.
4. REKA KUGIRA UBWOBA BW’UBUTUNZI AHUBWO IZERE UMWAMI YESU NIWE USHOBORA GUTUBURA IBIKE BIKABA BYINSHI
Tuzakomerezaho ejo…
Yari mwene so muri Yesu Kristo,
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

