
Isabukuru nziza kuri Honorable Louise Mushikiwabo, umwe mu bagore b’abanyarwanda bakoze amateka akomeye muri dipolomasi, ubuyobozi ndetse no guteza imbere isura y’u Rwanda ku rwego mpuzamahanga. Ni umugore wagaragaje ko ubushobozi, ubwenge n’ubwitange bishobora guhindura amateka no kubera abandi icyitegererezo. Uruhare rwe mu kubaka igihugu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi no kugihagararira neza ku isi ni imwe mu nkingi zatumye izina rye rihora ryubahwa.

Hon. Louise Mushikiwabo yavukiye i Jabana mu karere ka Gasabo tariki ya 22 Gicurasi 1961. Ni bucura mu bana icyenda bo mu muryango wa Bitsindinkumi bya Nyarugabo na Nyina Nyiratulira. Yakuriye mu muryango ukunda ubumenyi n’umuco nyarwanda, ibintu byamufashije kugira intekerezo nini no gukunda kwiga. Kuva akiri muto yagaragaje impano idasanzwe mu ndimi no mu buvanganzo, ibintu byamufashije kuba umwe mu banyendimi bazwi cyane muri Afurika.
Amashuri abanza yayize mu Mujyi wa Kigali, ayisumbuye ayakomereza muri Notre Dame d’Afrique de Nyundo aho yize indimi n’ubuvanganzo. Yakomereje muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Nyakinama mu ishami ry’indimi, yibanda ku Cyongereza. Nyuma yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri University of Delaware aho yakuye impamyabumenyi ihanitse mu ndimi n’ubusemuzi. Kuba yarize indimi nyinshi byamufashije gukora neza mu rwego rwa dipolomasi mpuzamahanga no kuvuganira igihugu cye mu buryo bwumvikana kandi bufite ubunyamwuga.
Mu 1984 yabaye umwarimu w’Icyongereza muri Lycée de Kigali, aho yafashaga urubyiruko kubona ubumenyi. Nyuma yagiye gukora muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mirimo ijyanye n’ubusemuzi n’itumanaho mpuzamahanga. Mu 2005 yakoze muri Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD) muri Tunisia nk’ushinzwe itumanaho, aho yagaragaje ubuhanga mu miyoborere no mu gukorana n’ibihugu byinshi.
Kimwe mu bigwi bikomeye bya Hon. Louise Mushikiwabo ni uruhare yagize muri Guverinoma y’u Rwanda. Mu 2008 yagizwe Minisitiri w’Itangazamakuru ndetse aba umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda. Icyo gihe yamenyekanye cyane kubera uburyo yavuganiraga igihugu cye mu bwitonzi, mu kuri no mu buhanga. Yashoboye gusobanurira amahanga amateka y’u Rwanda, urugendo rwo kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’icyerekezo cy’iterambere igihugu cyari gifite.
Mu 2009 yagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, umwanya yamazeho imyaka icyenda. Muri icyo gihe yakoze byinshi byazamuye isura y’u Rwanda:
Yakomeje kubaka umubano mwiza hagati y’u Rwanda n’ibindi bihugu; Yagize uruhare mu kwagura dipolomasi y’u Rwanda muri Afurika no ku isi yose; Yabaye umwe mu bantu bavuze cyane ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu ruhando mpuzamahanga; Yafashije u Rwanda kwinjira no kugira ijambo rikomeye mu miryango mpuzamahanga. Yabaye umwe mu bagore bafite ijwi rikomeye muri dipolomasi nyafurika.
Mu 2018 yakoze amateka akomeye ubwo yatowaga kuba Umunyamabanga Mukuru wa Organisation Internationale de la Francophonie (OIF). Uwo mwanya wamugize umwe mu banyafurika bafite inshingano zikomeye ku rwego mpuzamahanga. Kuba yaratorewe kuyobora OIF byagaragaje icyizere amahanga yari amufitiye ndetse n’ubushobozi bwe mu buyobozi. Muri OIF yakoze ibikorwa byinshi birimo:
Guteza imbere ururimi n’umuco by’ibihugu bikoresha Igifaransa; Gushyigikira uburezi n’ikoranabuhanga mu rubyiruko; Guteza imbere uburinganire n’ubuyobozi bw’umugore. Gukomeza ubufatanye hagati y’u Burayi na Afurika; Guharanira amahoro n’imiyoborere myiza mu bihugu binyamuryango.
Hon. Louise Mushikiwabo kandi yabaye umujyanama mu nama zikomeye mpuzamahanga zirimo Munich Security Conference ndetse aba umunyamuryango wa International Gender Champions (IGC). Yanabaye umwe mu bagize Africa-Europe Foundation (AEF), aho akomeje kugira uruhare mu mubano wa Afurika n’u Burayi.





Karibumedia.
