Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 20 Gicurasi 2026, ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe gukumira no kuzimya inkongi n’ubutabazi, mu Ntara y’Amajyaruguru bahungoye abanyeshuri n’abarezi basaga 1000 bo mu Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Diyosezi ya Ruhengeri. ETEFOP TSS RUHENGERI, rihereye mu murenge wa Musanze; Akagari ka Cyabagarura muri gahunda igamije kubasangiza ubumenyi bugamije gukumira no kwirinda inkongi n’ibindi byaha.
Abahuguwe bibukijwe uruhare rwabo mu gukumira no kwirinda inkongi ndetse banagaragarizwa uko bakwitwara igihe ingongi ivutse, by’umwihariko bigishijwe imikoresherezwe y’ikizimyamuriro ndetse n’uko bakwirinda inkongi ishobora guturuka kuri gaz itekesha no kuyirwanya igihe yavutse dore ko bamwe mu bahuguwe barimo n’abiga ibyo guteka.

Umuyobozi w’ishuri Padiri Remedi Didier DUSHYIREHAMWE yashimiye Polisi y’u Rwanda k’ubumenyi yabunguye ku birebana no gukumira inkongi ndetse n’ibindi byaha, ashimangira ko bizabafasha ubwabo ndetse bakazasangiza ubu bumenyi n’abandi.
Ati : “Turashimira abaduhuguye ndetse n’urwego rwabohereje. Ubu ntabwo aritwe duhuguwe twenyine ahubwo tuzasangiza ubu bumenyi imiryango n’inshuti zacu batari babufite bityo bugere kuri benshi.”

Polisi y’u Rwanda ishimangira ko muri gahunda zayo ishyiramo no gusangira ubumenyi n’abaturage by’umwihariko urubyiruko kugira ngo bakure bazi uruhare rwabo mu gukumira no kurwanya ibyaha ndetse n’inkongi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru CIP Ignace Ngirabakunzi yasabye abahuguwe kuzirikana ubumenyi bahawe kandi bakazabusangiza n’abandi.
Ati : “Inkongi iri mu biteza umutekano muke. Ubumenyi mwahawe ni ingenzi mu gukumira inkongi no kuyirinda ndetse n’igihe yabaye mukamenya uko mu byitwaramo, mukoresheje ikizimyamuriro cyangwa ubundi buryo mweretse.”




Karibumedia

