
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yavuze ko abajenosideri barimo Akayesu Jean Paul wayoboraga Komini Taba mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, wabaye Umunyafurika wa mbere wahamijwe icyaha cya Jenoside, amateka azahora abibuka nk’umurage mubi basize, asaba abantu kwimakaza urukundo n’ubunyarwanda kuko ari byo u Rwanda rwahisemo.
Ni ubutumwa yatanze kuri iki Cyumweru, tariki ya 17 Gicurasi 2026, ubwo yari ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi ruruhukiyemo imibiri irenga ibihumbi 47, mu Murenge wa Gacurabwenge, ahaberaga igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Muri iki gikorwa hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 30 y’abazize Jenoside, irimo itanu yabonetse n’indi 25 yimuwe.
Ndayambaje Fabien wavuze mu izina ry’imiryango yashyinguwe, yagaragaje ko umunsi wo kwibuka nubwo uba ari umunsi w’agahinda, ari na wo munsi w’ishema no gusubiza icyubahiro abishwe bazira ko bari Abatutsi.
Ati: “Uyu munsi ntitwari kuba tubasha guhagarara hano n’icyizere cy’ejo hazaza iyo hatabaho ubutwari bw’indashyikirwa.”
Yavuze ko amateka y’ikibi yatsinzwe ubwo Inkotanyi zahagarikaga Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu Abanyarwanda bakaba babana mu mahoro, ubumwe n’ubwiyunge.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, mu kiganiro yatanze, yagaragaje imizi y’urwango rwagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi nyuma yo kubibwa imyaka myinshi n’ubutegetsi.

Yerekanye ko ubugome bwaranze abajenosideri barimo Akayesu Jean Paul wayoboraga Komini Taba, imwe mu zaje kuvamo Akarere ka Kamonyi, wayoboye Jenoside aho yari ayoboye, nyuma ahungira muri Zambia yibwira ko ubutabera butazamugeraho ariko bumugeraho, akatirwa igifungo cya burundu n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) mu 1998.
Ati: “Yubatse amateka ku Isi mabi kandi azahora yigwa ku Isi nk’umujenosideri wa mbere ku Isi wahamijwe icyaha cya Jenoside kuva amasezerano mpuzamahanga mpanabyaha ahana icyaha cya Jenoside ajyaho mu 1948. Ni we Munyafurika wa mbere wahamijwe icyaha cya Jenoside, azahora yigwa atyo, ni we murage azasiga iteka ryose.”
Yagaragaje ko bamwe mu bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi batigeze bahunga igihugu, ko imanza za Gacaca zabaciriye imanza zunga, ubu bakaba bari kumwe n’imiryango yabo kubera ko u Rwanda ari urw’Abanyarwanda bose kandi rwihangana, rwahisemo icyerekezo cyo kubabarira no kubaka igihugu hatarebwa ubwoko.
Yavuze ko bamwe mu bakomoka ku bakoze Jenoside bagitsimbaraye ku irondabwoko ryaranze ababyeyi babo n’abasekuru, bakwiriye kumva ko ineza yabo ari ukwitandukanya n’urwango, kuko kurwihambiraho bitazigera bibaha amahoro.
Urwango iyo rukuri ku mutima rurakumunga
Dr Bizimana yashimangiye ko u Rwanda rutazongera kumenwamo amaraso cyangwa ngo habe Abanyarwanda bahigwa kuko ari yo mahitamo ya Perezida wa Repubulika na FPR Inkotanyi/ Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène
Mu kwibuka ku Kamonyi hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 30 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Abayobozi batandukanye bitabiriye igikorwa cyo Kwibuka.

Karibumedia
