
Abanyeshuri bagera ku 100 bo mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza (P6) ba New Hope Grammar School bagiranye ikiganiro mpaka (Debate) n’aba Maranatha School ivumbi riratumuka ndetse babazanya n’ibibazo byerekeranye n’amasomo mu rwego rwo kwipima mu bumenyi bafite.
Ni umwitozo mwiza washimishije abana ubwabo ndetse n’abarezi babo kuko babonye uburyo abana bashoboye kandi bibaha n’icyizere gikomeye ko aba bana bazitwara neza mu bizamini bya Leta bisoza umwaka wa gatandatu w’amashuri abanza.

Aganira n’Umunyamakuru wa Karibumedia.rw, Umuyobozi wa New Hope Grammar School, Vian RUGIMBABAHIZI yavuze ko gutegura ikiganiro mpaka (Debate) ku bana ari kimwe mu bikorwa bifasha abana kwigirira icyizere, gutinyuka no gutyaza ubumenyi cyane cyane mu rurimi rw’icyongereza.
Yagize ati: “Dutegura ibiganiro mpaka tugira ngo abana bimenyereze kuvuga mu ruhame, badategwa kandi bigirire n’icyizere (Confidence) ndetse binabafashe kwimenyereza ururimi rw’icyongereza kuko aho bazajya kwiga hose mu mashuri yisumbuye, amasomo yose bazayiga mu cyongereza. Bagomba kukimenya rero kandi bagatinyika.”

Vian Rugimbabahizi yakomeje avuga ko atari n’ikiganiro mpaka bakoze gusa ahubwo ko banabajijanyije ibibazo baranabisubizanya mu buryo bw’imbonankubone (Live) mu bijyanye n’amasomo biga kandi byose ngo bigenda neza.
Yagize ati: “Uretse n’ikiganiro mpaka cyibanze ku mikoreshereze y’amashashi n’ibikoresho bya Plasitiki byose bitabora ahubwo byangiza ibidukikije, abana bakoranye n’umwitozo wo kubazanya ibibazo, imbonankobone (live) ku masomo biga mu ishuri kandi nta makayi bifashishije, ubajijwe ikibazo agahita asubiza n’undi akamubaza, undi agasubiza gutyo gutyo kugeza igihe barangirije uwo mwitozo. Ibi byatweretse kandi binaduha icyizere ko abana bacu bazitwara neza mu bizamini bya Leta twitegura muri uyu mwaka.”
Mugenzi we Umuyobozi wa Maranatha School, UWAYEZU Obed we yabwiye Karibumedia.rw ko ibiganiro mpaka gitinyura abana kandi bikanabahuza mu buryo bwa kivandimwe.
Yagize ati: “Kuba abana ba New Hope Grammar baradusuye baje kugirana ikiganiro mpaka n’abacu, ni byiza kuko birabatinyura mu buryo bwo kuvuga mu ruhame, ikindi bibonanamo kivandimwe(Friendship)kuko baba batamenyeranye.”
Obed UWAYEZU yakomeje avuga ko hari n’undi mwitozo bakoze wo kubazanya ibibazo (Quiz) bikanasubizwa imbonankubone (Live) kandi ko ngo byabahaye icyizere ku bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza.

Yagize ati: “Uretse n’ikiganiro mpaka, abana babajijanyije ibibazo baranasubizanya ku yandi masomo biga basa n’abarushanwa mu bumenyi, bityo bitwereka uburyo abana bahagaze, binaduha n’icyizere cyo kuzababonamo umusaruro mwiza mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza twitegura cyane ko iyo bahanye ibibazo nta makayi bafite, bituma abana bamenya ko ibyo biga ari byo n’abandi biga, bityo bikabatera akanyabugabo ko batasigaye inyuma ahubwo ko bashoboye.”
Obed UWAYEZU yasoje ashimira abana ba New Hope Grammar uburyo batojwe ndetse yisabira n’ababyeyi kujya baha agaciro uyu mukoro kuko bifasha abana mu myigire yabo.
Yagize ati: “Turashimira abana ba New Hope Grammar School uburyo bari biteguye (Organised), ikinyabupfura cyabo n’ubuhanga bafite utatekereza urebye imyaka mike ikigo kimaze ugereranije na Maranatha imaze imyaka isaga 10. Ikindi ni ukwisabira ababyeyi kubigira ibyabo kuko umwana utajyanye n’abandi bimutera ipfunwe kandi akabihomberamo kuko ubumenyi abandi bunguka undi ntabwo abona kandi no kuva aho yiga akagera n’ahandi hari icyo bimufasha mu burere n’ubumenyi bye.”
Umwe mu babyeyi barerera muri iri shuri, Umuhire Thacienne, yabwiye Karibumedia.rw ko iki gukorwa ari ingirakamaro ku bana kubera ngo ko bahungukira byinshi.

Yagize ati: “Akamaro ibiganiro mpaka bifitiye abana nuko batinyuka kuvugira mu ruhame, ikindi ni ukwiyizera (self confidence) no kuba bagira izindi mpano zitandukanye kubera ubumenyi (skills) bafite cyangwa inyunguramagambo (vocaburaries)baba bungutse mu gihe bavuga.”
New Hope Grammar School ni ishuri riherereye mu karere ka Musanze; Intara y’Amajyaruguru, aho higa abana kuva mu mashuri y’inshuke (Nursery) n’abanza kuva mu mwaka wa mbere(P1) kugeza mu mwaka wa gatandatu(P6).



Yanditswe na SETORA Janvier
