
Mu ijoro ryakeye ry’iya 20/05 rishyira iya 21/05/2026 ahagana saa munani z’ijoro na saa kumi n’ebyiri za mu gitondo (02h00’_ 06h00′) mu murenge wa Gahunga mu karere ka Burera, hakozwe umukwabu (Operation) wo gushakisha no gufata abajura b’amatungo; Abacuruza Kanyanga n’abazitunda bazivana mu gihugu cya Uganda ndetse n’abenga n’abacuruza ibigage bitujuje ubuziranenge bizwi nk’ “Umunini.”
Ni igikorwa cyakorewe mu midugudu ya Ntenyo; Remera; Gasagara; Mubuga; Nyangwe na Gafatangwe yo mu kagari ka Nyangwe; Buramba na Kidakama mu murenge wa Gahunga mu karere ka Burera, aho ku bufatanye bwa Polisi/ Sitasiyo ya Gahunga, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Gahunga, Butoyi Louis; Dasso; Irondo ry’umwuga, bakoze umukwabu wo gushakisha no gufata abanyabyaha.
Igikorwa nyirizina gikorwa, hafashwe umuntu umwe ucuruza Kanyanga kuko yafatanwe litiro 28 zayo, abayitunda bazivana uganda bagera kuri bane(04); Abajura b’amatungo batatu(3); Abacuruza n’abenga ibigage bitujuje ubuziranenge bane(4) n’abanura imyenda mu ngo z’abaturage bagatwara bagera kuri3.
Mu bafashwe harimo abatunda Kanyanga bayikura Uganda barimo NIYONZIMA Joël w’imyaka 32; BIZIMANA Cyprien w’imyaka 21; MANISHIMWE w’imyaka 23 na BYIRINGIRO Théogène w’imyaka 18.
Ni mu gihe abakekwaho ubujura bw’amatungo hafashwe abitwa HATEGEKIMANA Evariste w’imyaka 33; MANIRIHO Edouard w’imyaka 33 na NIYIKIZA Jean Paul w’imyaka 30. Aba kandi uko ari3 bakekwa kuba ari nabo baherutse kwiba inka y’uwitwa NIKUZE Anne Marie kuya 13/05/2026.
Uretse n’aba kandi hari n’abafashwe kubera gucuruza ibigage bitujuje ubuziranenge bizwi nk’ “Umunini” barimo MUNYAMAHAME Emmanuel w’imyaka 46 wafatanwe litiro 250; MANGASITO Emmanuel w’imyaka 31 wafatanwe litiro 270; NYIRANEGUYE Immaculée w’imyaka 40 wafatanwe litiro 375, zose hamwe zikaba litiro 915 mu gihe uwitwa NTAMIRINGIRO Espérance w’imyaka 52 bakaba basanze atenze icyo kigage.
Amakuru akomeje kugera kuri Karibumedia.rw nuko abafashwe bakekwaho kwanura imyenda mu ngo z’abaturage bagatwara barimo: YESASHIMWE Francine w’imyaka 22; ISUBIRIZIGIHE Immaculée w’imyaka 13.
Nyuma y’igikorwa cyiza, abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga mu gihe hagitegerejwe ko batwarwa mu kigo cy’inzererezi cya Nemba (Centre de Transit de Nemba) mu gihe abafatanwe ibiyobyabwenge (Kanyanga) bagomba gushyikirizwa urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) bagakorerwa dosiye bagashyikirizwa ubutabera.
Yanditswe na SETORA Janvier.
