
Anita Annet Among, yahoze mu nteko ishinga Amategeko ya Uganda, Polisi ya Uganda imukurikiranyeho kunyereza umutungo.
Polisi yafatiriye imodoka ze zirimo iya Rolls-Royce Cullinan ifite agaciro k’ibihumbi 440 by’Amayero, asaga miliyoni 749 Frw, ndetse n’indi ya Range Rover yari yanditseho ibirango by’amazina ye.
Aya makuru yakomeje kuvugisha benshi muri Uganda, aho bivugwa ko ifatirwa ry’izi modoka rifitanye isano n’iperereza riri gukorwa ku mitungo n’imikoreshereze y’umutungo w’abayobozi bakuru muri iki gihugu.
Polisi ntiyahise itangaza impamvu zirambuye z’ifatirwa ry’izi modoka, gusa yavuze ko iperereza rikomeje.
Karibumedia
