Urukiko rwa gisirikare ruherereye i Nyamirambo rwatangiye kuburanisha, tariki ya 13 Kanama 2025, urubanza rw’abasirikare n’abasivile 20 barimo abanyamakuru batatu baryozwa ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa leta nabi.
Aba bose batawe muri yombi ngo bakurikiranweho ubufatanyacyaha mu kwakira no gutanga inyandiko utemerewe n’ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe.
Ibyaha bakurikiranyweho bijyanye n’uburyo haguzwe amatike y’indege kuri konti ya Minisiteri y’Ingabo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ibi byaha bifitanye isano n’urugendo APR FC yagiriye mu Misiri muri Nzeri 2024, ubwo yari yagiye gukina na Pyramids FC mu irushanwa rya CAF Champions League.
Yari yaherekejwe n’abarimo abanyamakuru ba siporo: Ndayishimiye Rugaju Reagan, Mucyo Antha Biganiro na Ishimwe Ricard.
Bose bageze ku rukiko bambaye impuzankano iranga imfungwa za gisirikare.
Abasirikare bakurikiranywe muri uru rubanza ni batatu barimo Captain Penina Mutoni na Captain Penina Umurungi.
Hakurikiranywe kandi CSP Hillary Sengabo usanzwe ari Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS).

