U Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nzeri, rwohereje abasirikare n’abapolsi bashya i Cabo Delgado muri Mozambique, aho bagiye mu butumwa bwo kurwanya iterabwoba.
Aba basirikare n’abapolisi bagiye gusimbura bagenzi babo bari bamaze umwaka muri iriya ntara.
Mbere yo guhaguruka ku kibuga cy’indege cya Kigali babanje gusezerwaho n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi cyo kimwe n’Umuyobozi wungirije wa Polisi y’Igihugu ushinzwe ibikorwa, CP Vincent Sano.
Mbere y’uko aba basirikare n’abapolisi bahaguruka, babanje guhererwa impanuro mu kigo cya gisirikare cya Gako na Maj. Gen Nyakarundi cyo kimwe na CP Sano.
Mu izina rya Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Maj. Gen Nyakarundi yabwiye bariya basirikare bayobowe na Maj. Gen Vincent Gatama kuzakomeza ikinyabupfura n’umurava byaranze Ingabo z’u Rwanda ziri muri ubwo butumwa mu myaka ine ishize.
Yababibukije kandi ko akazi gakomeye kakozwe na bagenzi babo bagiye basimbura muri ubwo butumwa bagomba kugakomeza kuko ikigamijwe atari ukurwana gusa ahubwo ari ugufasha Leta ya Mozambique kubaka urwego rwayo rw’umutekano.
CP Vincent Sano we yasabye izo ngabo kuzakorera hamwe buri gihe no kwirinda ikintu icyo ari cyo cyose cyateza icyasha isura nziza y’u Rwanda.
Ubutumwa bw’inzego z’umutekano z’u Rwanda muri Mozambique bukubiye mu masezerano ibihugu byombi byagiranye ku busabe bwa Mozambique mu 2021.

