Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri, ni Umusingi w’Ireme ry’Uburezi/ Dr. Nelson MBARUSHIMANA

August 20, 2026

MUSANZE: Ubufatanye buzazamura ubumenyi n’ubuhanga mu bukerarugendo bushingiye ku muco

August 19, 2026

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri, ni Umusingi w’Ireme ry’Uburezi/ Dr. Nelson MBARUSHIMANA
  • MUSANZE: Ubufatanye buzazamura ubumenyi n’ubuhanga mu bukerarugendo bushingiye ku muco
  • BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Menya ibihano bihabwa umuntu wanduje undi indwara zidakira
Ubutabera

Menya ibihano bihabwa umuntu wanduje undi indwara zidakira

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasAugust 11, 2025Updated:August 11, 202537 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, rivuga ko kwanduza undi indwara ku bushake bihanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 20.

 

Umuntu wese abishaka wanduza undi indwara ishobora gutera ubumuga aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atatu (300,000Frw), ariko atarenze ibihumbi magana atanu (500,000Frw).

 

Iyo indwara yandujwe ari indwara idakira, igihano kiba igifungo kitari munsi y’imyaka makumyabiri (20) ariko kitarenze imyaka makumyabiri n’itanu (25) n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda arenze ibihumbi magana atanu (500,000Frw) ariko atarenze 1,000,000Frw.

 

Nubwo hari ibihano ariko, abantu benshi ntibabizi ko kwanduza undi indwara zidakira bihanwa n’amategeko.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe gukumira no kurinda Indwara muri RBC, Dr Tuyishime Albert, ubwo yari mu Nteko Ishinga Amategeko tariki 21 Werurwe 2025, yagaragaje ishusho y’uko serivisi y’ubuzima ihagaze, yanavuze ku bwandu bwa virusi itera sida.

Dr Tuyishime yavuze ko nubwo u Rwanda rwahagurkiye kurwanya Sida, ubwandu bushya bwiganje mu rubyiruko.

Abadepite bifuje ko uwakwanduza undi bikamenyekana ko yabikoze ku bushake, yajya ashyikirizwa ubutabera.

Impamvu bifuje ko uwanduje undi indwara yahanwa, ngo byatuma umubare w’abanduza abandi ugabanuka ndetse abandujwe nkana bakaba bagana inkiko.

Dr Tuyishimire asubiza ko ibyo byasaba ibimenyetso, niba koko uwanduje undi yari abigambiriye.

Ati “Biragoye kumenya ko uwanduje undi yabikoze nkana, ariko uwandujwe igihe yatanga ikirego agaragaza koko ko uwamwanduje yari abigambiriye, icyo gihe yahanwa”.

Dr Tuyishime avuga ko u Rwanda ruri mu bihugu bitanu bya Afurika bikora cyane kugira ngo bihashye Virusi itera SIDA, kuko Abanyarwanda 95% bafite virusi itera SIDA babizi, muri bo 97.5% bafata neza imiti igabanya ubukana, naho 98% Virusi yaragabanutse mu maraso.

Nubwo hishimirwa iyi ntambwe imaze guterwa ariko, ngo hari impungenge ku rubyiruko kuko 35% by’ubwandu bushya buri mu rubyiruko.

Ati “Mu rubyiruko ni ho hari impungenge, bo aho kugira ngo bigende bigabanuka ahubwo bagenda byiyongera. Ku bwandu bushya dufite nka 35% muri raporo yasohotse umwaka wa 2023, igaragaza ko buri mu rubyiruko cyane cyane hagati y’imyaka 15 na 24.”

Benshi mu rubyiruko rugaragarwaho ubwandu bushya biganje mu Turere tw’Intara y’Iburasirazuba n’Umujyi wa Kigali.

Bamwe mu rubyiruko ruvuga ko rutinya amaso y’abantu ntibatinyuke kujya kugura agakingirizo, bigatuma bakorera imibonano mpuzabitsina idakingiye.

Hari na bamwe bavuga ko urubyiruko rwishora mu busambanyi rubukorana n’abakuze, kugira ngo babafashe mu buzima bw’imibereho rubamo igoye.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) Rwemeje Itabwa Muri Yombi ry’Abayobozi Babiri mu Karere ka Nyamagabe

July 30, 2026

Perezida w’urukiko rw’ikirenga yasabye abacamanza kongera ubumenyi ku manza z’ubutaka n’iz’umuryango

July 20, 2026

BURERA: Uwitwa NTIRENGANYA Etienne akomeje kuba ikibazo mu baturage ba Gahunga

June 3, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,833 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,593 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,101 Views

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 20261,043 Views

Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri, ni Umusingi w’Ireme ry’Uburezi/ Dr. Nelson MBARUSHIMANA

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 20, 20260

Mu kiganiro kuri Radio na TV10, cyabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki…

MUSANZE: Ubufatanye buzazamura ubumenyi n’ubuhanga mu bukerarugendo bushingiye ku muco

August 19, 2026

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri, ni Umusingi w’Ireme ry’Uburezi/ Dr. Nelson MBARUSHIMANA

August 20, 2026

MUSANZE: Ubufatanye buzazamura ubumenyi n’ubuhanga mu bukerarugendo bushingiye ku muco

August 19, 2026

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.