Tariki ya 09/08/25, Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwe (ANU) rikorera mu mu Mujyi wa Kigali ryafashe abagabo 2 ari bo Ndindirimana Emmanuel (38) na Ngirinshuti Azalias (22) batwaye kuri moto ifite purake RC660Z urumogi ibiro 31. Bafatiwe mu Murenge wa Rusororo, Akagali ka Kabuga ya 2, Umudugudu wa Bwiza.
Bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage ko aba bagabo bakwirakwiza urumogi mu baturage bakoresheje moto.
Bakimara gufatwa, batangaje ko urumogi barukuye mu Karere Ka Kirehe aho rwinjiriye ruvuye mu gihugu cya Tanzaniya bakaba bari barutwaye mu Karere ka Muhanga aho bari barushyiriye uwabahaye akazi ko kurutwara akabaha ibihembo.
Ndindiriyimana ni we ny’iri moto akaba ayikoresha akazi ko gutwara ibiyobyabwenge by’urumogi. Si ubwa mbere kandi afatirwa muri bene ibi bikorwa. Avuga ko iyo uru rumogi arugezayo yari guhembwa FRW ibihumbi 150. Ngirinshuti wri ufatiye umufuka kuri moto we ngo yari buhembwe frw ibihumbi 50.
Abafashwe bakorewe amadosiye ngo bashyikirizwe RIB. Ibikorwa byo gufata abo bakoranaga byatangiye.
Umuvugizi wa polisi mu mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, ati “Abishora mu gucuruza ibiyobyabwenge baragirwa inama yo kubireka kuko amayeri yose bakoresha yaramenyekanye.”
Agakomeza ati “Polisi y’igihugu nta bwo izihanganira umuntu wese uroga abaturage abaha ibiyobyabwenge. Ababikora n’ababitekereza barye bari menge kuko bazafatwa kandi bagahanwa.”
Asoza yiibutsa abaturage gukomeza kugira uruhare mu gutahura no kurwanya abacuruza ibiyobyabwenge, batangira amakuru ku gihe, bakumira icyaha kitaraba.
Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW).

