Muri Yesaya 41:10-11, hagira hati: “[10]Ntutinye kuko ndi kumwe nawe, ntukihebe kuko ndi Imana yawe. Nzajya ngukomeza, ni koko nzajya ngutabara kandi nzajya nkuramiza ukuboko kw’iburyo, ari ko gukiranuka kwanjye;
[11]“Dore abakurakariye bose bazakorwa n’isoni bamware, abagutonganya bazahinduka ubusa ndetse bazarimbuka.
IBIHE URIMO BIRAKOMEYE ARIKO IMANA IRAJE IBIGENZE NEZA
Umuntu ajya aba mu bihe byo gupfusha; Kurwara bikomeye; Kurwaza igihe kirekire; Guhomba; Gukena bikabije; Ibibazo by’urushako; Ubutane; Abana bananiranye; Abana bihakanywe na ba se bababyaye; Kurogwa…
BURI KINTU KIGIRA IGIHE CYACYO
Ibihe urimo nubwo bigoye ariko bizashira, Uwiteka aravuze ngo humura, araje akuramize ukuboko kwe gukomeye.
NUBWO IBIBAZO WABISHYIRWAMO N’ABANTU BAZAMWARA NIBAREBA GATO IMANA IBAKUBITA UMUNYAFU.
Nubwo ibibazo urimo ushobora kuba warabitewe n’abandi bakakuroga; Bakakwambura; Bakakuriganya; bakakuganbanira, humura Imana nabyo irabizi kandi nabo izabitura ibikwiriye ibyo bakoze.
Imana iguhe umugisha, ndagukunda!
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

