Muri Matayo 14:8-11 hagira hati:
“[8]Na we amaze koshywa na nyina aramubwira ati “Mpa igihanga cya Yohana Umubatiza ku mbehe” ;
[9]Umwami arababara, ariko ategeka ko bakimuha ku bw’indahiro yarahiriye imbere y’abasangiraga na we;
[10]atuma mu nzu y’imbohe ngo bace igihanga cya Yohana;
[11]Bazana igihanga cye ku mbehe bagiha umukobwa, agishyīra nyina.
Ese birakwiye ko indahiro cyangwa amategeko byashyirwaho bigamije guca abantu ibihanga? Ese hagize ucibwa igihanga kandi arengana nka Yohani, uwabikoze nta kwicuza gukomeye agira?
Abantu bakunda kuvuga ngo njyewe, njyewe, njyewe, njyewe…. sinakora ibi cyangwa nkora gutya na gutya ni abanyamahame. Ariko amahame yabo iyo atajyana n’ibyo ijambo ry’Imana ritubwira, usanga akenshi ingaruka z’ibyo bakora bishingiye ku mahame yabo biba biteye isoni.
ESE IBI WARI UBIZI?
1. Hari umuntu wanga gushaka ngo kubera atarabona uwo bahuje ubwoko! Urugo ntirushingira ku bwoko cyangwa ikindi kintu ahubwo ijambo ry’Imana riravuga ngo umugore mwiza umuhabwa n’Uwiteka. Gukomera k’umuryango cyangwa gusenyuka kwawo ntibishingira kuguhuza ubwoko;
2. Ese mu buzima bwawe hari ikintu kibi wakorewe ariko wishyizemo ko kubabarira utazabikora? Umva, ijambo ry’Imana riravuga ngo tubabarire karindwi inshuro mirongo irindwi ku muntu wadukoreye icyaha. Kutababarira byonyine bituma umuntu abura ijuru, mu gihe apfuye yaranze kubabarira.
Tuzakomerezaho ejo….
Imana iguhe umugisha, ndagukunda!
Yari mwene so muri Yesu Kristo

