Muri Matayo 15:32-37 hagira hati:
[32]Yesu ahamagara abigishwa be arababwira ati: “Mbabariye abo bantu kuko uyu munsi ari uwa gatatu turi kumwe, none ntibafite ibyokurya. Sinshaka kubasezerera batariye, isari itabatsinda ku nzira”;
[33]Abigishwa baramubaza bati “Muri ubu butayu twakura he imitsima ingana ityo yo guhaza abantu bangana batya?”;
[34]Yesu na we arababaza ati: “Mufite imitsima ingahe? ”Baramusubiza bati: “Ni irindwi n’udufi duke”;
[35]Ategeka abantu ko bicara hasi;
[36]Yenda iyo mitsima irindwi n’udufi, arabishimira, arabimanyagura, abiha abigishwa be, na bo babiha abantu;
[37]Bose bararya barahaga, bateranya ubuvungukira busigaye, bwuzura ibitebo birindwi.
ESE WABA UZI IBIRYO USIGAZA MU RUGO UKO BINGANA BAKABIMENA?
Yesu amaze gutubura imigati, bakusanyije ubuvungukira bwasigaye bwuzura ibitebo birindwi. Ese utekereza barabukusanyirije kubumena kubera abantu bose bari bahaze? Oya, ahubwo biriya biraduha isomo ryo gukoresha ibiryo neza, ntihakagire ibiryo upfusha ubusa ngo byasigaye. Kimwe cyo hari abantu bakeneye ubwo buvungukira babubuze ngo babeho cyangwa ukabara mu bundi buryo bugasimburwa n’amafaranga yo gufasha ababikeneye.
Hari abantu bateka ibiryo byinshi bakabisigaza, ejo n’ejo bundi kuburyo ukwezi gushira hafi kimwe cya gatatu cyangwa kimwe cya kane cyaragiye mu kimoteri (Ukore uwo mwitozo wo gukusanya ibyasigaye mu minsi 3 uzamenya ko hari stock yawe ipfa ubusa n’ibibora kubera birengagije kubitekera igihe, nubara ibigenda ku kwezi uzasanga ari byinshi).
Usibye n’ibiryo, tugomba kugura imyenda mu gihe gikwiriye, ibikoresho mu gihe gikwiriye, bitabaye ibyo hari igihe dutaka ubukene kandi ari twe ducunga nabi ibyo Imana yaduhaye.
NIBA UBARA UKABONA BYANZE KUVAMO BYOSE IBYO UKENEYE, NINABWO BIKENEWE KWITOZA CYANE GUTURA NO GUFASHA ABANDI.
Yesu yarebye mu giseke bari gutura, abona umukecuru utuye ibiceri bibiri aribyo yarasigaranye gusa, atangariza abantu ko ariwe utuye menshi kuko atuye ayo yarasigaranye gusa kuko abandi baturaga ibibasagutse.
Niwitoza gufasha no gutura kandi udafite byinshi, igihe Imana izaguhera umugisha ugatunga byinshi uzakomeza ufashe unatange ituro rikwiriye kuko uzaba waritoje kubikora ugitunze bike.
TUBWIZANYE UKURI!
Niba utabasha gutanga cyangwa gutura ugifite bike, utekereza ko nugira byinshi hari icyo uzakosora?
Gutanga icyacumi cy’amafaranga igihumbi byarakunaniye, Imana niguha miliyoni ijana urumva uzakuramo miliyoni icumi ukazitanga nk’icyacumi?
Imana ibahe umugisha!
Yari mwene so muri Yesu Kristo
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

