Muri Matayo 13:27-30 hagira hati:
[27]Abagaragu be baraza babaza umutware bati ‘Mutware, ntiwabibye imbuto nziza mu murima wawe? None urukungu rurimo rwavuye he?’
[28]Ati: ‘Umwanzi ni we wagize atyo.’ Abagaragu be baramubaza bati ‘Noneho urashaka ko tugenda tukarurandura?’
[29]Na we ati: ‘Oya, ahari nimurandura urukungu murarurandurana n’amasaka;
[30]mureke bikurane byombi bigeze igihe cyo gusarurwa. Mu isarura nzabwira abasaruzi nti: Mubanze muteranye urukungu muruhambire imitwaro rutwikwe, maze amasaka muyahunike mu kigega cyanjye”.
Kubona umuntu ubaho adafite undi muntu umurwanya; Umutobera; Umwangira ubusa ntabwo bipfa koroha.
Mu rugo ushobora kuba ufite mukaso ukumereye nabi; Ushobora kuba ufite umuvandimwe kuri so cyangwa kuri nyoko mudahuza; Ushobora kuba mu kazi ufite umuntu ukurwanya ku buryo umwibuka ukumva urakonje ukibaza niba ari gatumwa woherejwe kukuneka cyangwa kukunaniza; Mu bucuruzi bakugirira ishyari kandi warashoye ayawe ugamije kunguka….
Reka nkubwize ukuri nshuti y’Imana, Yesu yagendanye na Yuda kandi Yesu yamenyaga byose kandi niwe witoranyirije abantu azajya agendana nabo. Bityo bitewe n’uko urukungu ruzanwa na satani n’abo wita inshuti zawe bashobora kuvamo urukungu.
NONE WABANA N’URUKUNGU KUGEZA RYARI?
Igihe cyose Imana itararukuvana iruhande cyangwa mu maso iga kubana narwo, usabe Imana ubwenge ku buryo rutaguhungabanyiriza Ubukungu; Umuryango; Akazi; Amarangamutima; Umubiri n’ibindi…
Gusenga nicyo bimaze bituma tubana n’ibibazo ariko tubinyura hejuru nk’uko ubwato buca hejuru y’amazi.
Wowe rero niba udasenga nta kabuza ibibazo byo ku Isi bizagutera guhora wihebye kugeza aho uba wumva ubuzima bukubihiye kandi iyo ubuzima bwabishye niho bamwe bahera bashobora kwiyambura ubuzima (Kwiyahura) cyangwa bagahungabana mu buryo bumwe cyangwa ubundi.
Imana iguhe umugisha kandi iguhe ubwenge bwo kubana n’urukungu rukuri hafi, ruba rushaka buri gihe kukuzonga.
Yari mwene so muri Yesu Kristo

