Abashyitsi barimo Minisitiri w’intebe w’u Rwanda Dr.Nsengiyumva Justin bari i Butaro muri “University of Global Health Equity”, izwi nka UGHE mu magambo y’impine, ahari kubera ibirori byo kwizihiza imyaka 10 iyi kaminuza imaze mu Rwanda.

Ni ibirori byitabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye barangajwe imbere na Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva; Madamu Jeannette Kagame; Umuyobozi w’icyubahiro wa UGHE, Dr. Jim Yong Kim; Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph; Minisitiri w’Ubuzima; Dr Sabin Nsanzimana n’abandi.

Muri ibi birori kandi abanyeshuri 78 barahawe impamyabumenyi. harimo abaganga (Medical doctors) mirongo itatu (30) basoje amasomo bari bamazemo imyaka irenga itandatu.

Aba banyeshuri 78 nibo mfura za UGHE (University Global Health Equity), muri iki cyiciro kuva ishami rya Butaro ryashingwa mu Rwanda mu mwaka wa 2019.


Umuyobozi wa UGHE, Dr.Jim Yong Kim.

