Subscribe to Updates
Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.
- Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri, ni Umusingi w’Ireme ry’Uburezi/ Dr. Nelson MBARUSHIMANA
- MUSANZE: Ubufatanye buzazamura ubumenyi n’ubuhanga mu bukerarugendo bushingiye ku muco
- BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu
- MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
- MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
- Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
- RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
- RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
Author: MANIRAGUHA Ladisilas
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yasabye ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi gukuraho ubutegetsi bwa Vladimir Putin mu rwego rwo gukumira ubushotoranyi bw’u Burusiya bumaze imyaka itatu bushoje intambara ku gihugu cye. Zelensky yatanze iki cyifuzo tariki ya 31 Nyakanga 2025, ubwo yitabiraga ibirori byo kwizihiza imyaka 50 ishize hasinywe amasezerano ya Helsinki yari agamije kwimakaza ubufatanye no kubana mu mahoro hagati y’ibihugu. Yagize ati “Nizera ko u Burusiya bukwiriye gushyirwaho igitutu kugira ngo buhagarike iyi ntambara ariko ibyo ntabwo byakunda mu gihe Isi itabanza guhindura cyangwa gukuraho ubutegetsi bw’u Burusiya.” Uyu Mukuru w’Igihugu yakomeje ati “Ibi bishatse kuvuga ko…
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke, bwatangaje ko bugiye kurushaho kwita ku musozi wa Huro, ubumbtiye amateka akomeye mu mitegurire y’Umuganura, kuva mu kinyejana cya 16, aho hagiye kubakwa inzu y’amateka ndetse n’imihanda yerekezayo igatunganywa. Ni ibyatangajwe na Meya wa Gakenke, Mukandayisenga Véstine, ubwo yaganirizaga abakozi b’Inteko y’Umuco ndetse n’abanyamakuru, ubwo bari mu gikorwa cyo kuzenguruka ahantu hatandukanye habumbatiye amateka y’Umuganura, ku wa 31 Nyakanga 2025. Ahavugwa cyane muri Gakenke, ni umusozi wa Huro, uri mu Mudugudu wa Huro, Akagari ka Huro, Umurenge wa Muhondo, kera hakaba harahoze ari u Bumbogo. Aka gace ka Huro, amateka agaragaza ko wari umurwa w’abanyamihango…
Umugabo w’imyaka 35 wo mu Karere ka Rutsiro, afunzwe akekwaho kwica ateye icyuma mu mutima mugenzi we w’imyaka 42, afatirwa mu gihuru aho yarimo agerageza kwihisha. Ibi byabereye mu Murenge wa Boneza, Akagari ka Kabihogo ho mu Mudugudu wa Rugamba mu ijoro rya tariki 31 Nyakanga 2025. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP. Sylvestre Twajamahoro yahamije aya makuru, avuga ko icyo bapfuye kitaramenyekana. Ati “Nibyo koko Nzabarinda yishwe atewe icyuma mu mutima, barimo basangira inzoga nyuma baterana amagambo, icyo bapfuye ntikiramenyekana, yafashwe arafungwa mu gihe iperereza rigikomeje.” SP. Twajamahoro yakomeje avuga ko buri gihe Polisi y’u Rwanda yibutsa abaturage…
Bruce Melodie n’Umunya-Tanzania Diamond Platnumz, bagiye guhurira mu ndirimbo n’Umunya-Nigeria Brown Joel uri mu bahanzi bagezweho iwabo, ndetse imirimo myinshi yo kuyitunga yamaze gusozwa.Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Bruce Melodie yabajijwe impamvu iyi ndirimbo yari itegerejwe na benshi muri Nyakanga 2025, itarajya hanze, ati “Ni umushinga uhuriyemo n’abantu benshi, ugomba gutwara igihe kuko buri wese aba agomba gutanga ibitekerezo byayo. Kuyishyira hanze biterwa n’imyiteguro y’impande zose. Abahanzi batatu baba bafite ibihe bitandukanye byo gushyira hanze indirimbo, bakaba banafite indi mishinga itandukanye.”Yakomeje ati “Nk’amashusho twari twafashe mbere na Brown Joel twaje kuyasubiramo kuko nabonaga hari ukuntu bitagenda neza, nawe aza kubimbwira…
Ingabo z’u Rwanda za Batayo ya 13 (RWABATT13) ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, UN, bwo kubungabunga amahoro muri Santarafurika (MINUSCA), zambitswe imidari y’ishimwe yatanzwe na Perezida Faustin Archange Touadera, kubera umurava, ubunyamwuga n’umusanzu wazo mu kurinda abasivili. Ni igikorwa cyabereye mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu iherereye mu Mujyi wa Bangui, cyitabiriwe n’abayobozi mu nzego zitandukanye zirimo iza gisirikare n’iza Leta. Ingabo z’u Rwanda zatangiye koherezwa mu butumwa muri Santrafurika guhera muri Mutarama 2014, zikaba ari zimwe mu zigize ubutumwa bw’amahoro bwa UN buzwi ku izina rya MINUSCA. Ku ntangiriro, u Rwanda rwoherejeyo abasirikare bagera kuri 850 binyuze mu butumwa bwari…
Mu mudugudu wa Busasamana, Akagari ka Shangi, Umurenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, haravugwa urupfu rutunguranye rwa Semushi Pierre Céléstin w’imyaka 67, wari mu murima n’umugore we witwa Nyirahategekimana Séraphine bakura imyumbati, umugabo yagize isereri, yitura hasi ahita apfa. Ubarijoro Evariste, yabwiye Imvaho Nshya ko ubusanzwe batuye mu Mudugudu wa Karambo mu Kagari ka Shangi, bari bazindukiye gusarura imyumbati bahinze muri uwo murima uri mu Mudugudu wa Busasamana. Ati: “Amakuru umugore we yaduhaye, yavugaga ko nta bundi burwayi budasanzwe azi umugabo we yari afite, hanyuma ko ubwo bakuraga iyo myumbati, umugabo yafashwe n’isereri umugore akura imyumbati areba mu gice…
Bavandimwe, ko iyo umuntu azi ko amashuri yegereje atangira kureba aho yakura ubushobozi kugira ngo igihe nikigera azabone icyo abwira Diregiteri, ko iyo umuntu afite ubukwe mu mezi atatu, ane ari imbere atangira agatumira, agakoresha inama z’ubukwe kugira ngo arebe uburyo ibirori bizagenda neza…, ko iyo imvura imanutse umuhinzi yitegura agashyingura imbuto kugira ngo atazasabiriza mu isarura, mwebwe mwitegura mute ibura ry’amazi riba riteganyijwe mu gihe cy’Impeshyi? Hari ubwo se mujya mutekereza ko mu Mpeshyi Imana izakora ibitangaza mu bigega n’imashini za WASAC igatubura amazi nk’uko yatubuye divayi i Kana ya Galileya? Mwebwe mwitegura mute? Genzura neza mu rugo…
Umutwe wa AFC/M23 ukomeje kurwanira n’Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Masisi, ku wa Mbere wigaruriye uduce dushya two muri iriya Teritwari iri mu zigize intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ni uduce turimo aka Ngululu na Ndete twombi two muri Groupement ya Nyamaboko ya mbere. Utu duce twombi uriya mutwe watwigaruriye nyuma yo kutwirukanamo abarwanyi ba b’imitwe ya Wazalendo imaze igihe irwana ku ruhande rw’ingabo za Leta, mu mirwano yabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 28 Nyakanga. Amakuru aturuka muri Masisi avuga ko ingabo za AFC/M23 zagabye igitero muri turiya duce twombi…
Imyuzure yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu bice byinshi byo mu Bushinwa mu ijoro ryo ku wa 28 rishyira uwa 29 Nyakanga 2025 yishe abantu 30 mu Murwa Mukuru, Beijing. Ikinyamakuru Xinhua cya Leta y’u Bushinwa cyatangaje ko iyi myuzure yatumye ubuyobozi buhungisha abaturage bagera ku bihumbi 80 mu gihe byitezwe ko imvura nyinshi izakomeza kugwa. Urwego rushinzwe ubutabazi muri Beijing rwasobanuye ko mu karere ka Miyun hapfuye abantu 28, muri Yanqing hapfa babiri, mu tundi turindwi hangirika byinshi. Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, yasabye abatabazi gukorana umurava mu rwego rwo kugabanya umubare w’abicwa cyangwa se bakomeretswa n’iyi myuzure. Amashuri,…
Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, BRALIRWA rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2025 rwungutse Miliyari 18,4 Frw. Amafaranga yungutswe na BRALIRWA muri ayo mezi yazamutseho 24,1 % kuko mu gihe nk’icyo mu 2024 yari yungutse miliyari 14,8 Frw. Muri rusange BRALIRWA yinjije miliyari 32 Frw, mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2025, avuye kuri miliyari 26 Frw yari yinjije mu mezi atandatu ya mbere ya 2024. Uru ruganda ruvuga ko kwiyongera kw’amafaranga rwinjiza byatewe n’impamvu zitandukanye zirimo kwiyongera kw’ingano y’ibicuruzwa bisembuye n’ibidasembuye rushyira ku isoko, guhindura ibiciro ngo birusheho kujyana n’isoko ndetse no gukundwa kw’ibinyobwa byarwo…
