Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yasabye ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi gukuraho ubutegetsi bwa Vladimir Putin mu rwego rwo gukumira ubushotoranyi bw’u Burusiya bumaze imyaka itatu bushoje intambara ku gihugu cye.
Zelensky yatanze iki cyifuzo tariki ya 31 Nyakanga 2025, ubwo yitabiraga ibirori byo kwizihiza imyaka 50 ishize hasinywe amasezerano ya Helsinki yari agamije kwimakaza ubufatanye no kubana mu mahoro hagati y’ibihugu.
Yagize ati “Nizera ko u Burusiya bukwiriye gushyirwaho igitutu kugira ngo buhagarike iyi ntambara ariko ibyo ntabwo byakunda mu gihe Isi itabanza guhindura cyangwa gukuraho ubutegetsi bw’u Burusiya.”
Uyu Mukuru w’Igihugu yakomeje ati “Ibi bishatse kuvuga ko igihe bwaba buvanyweho intambara yahita ihagarara, ariko mu gihe intambara yahagarara ubutegetsi bw’u Burusiya butaravanwaho, n’ubundi bwakomeza kubangamira ibihugu bituranye.”
Zelensky yatangaje ko imitungo y’u Burusiya n’abantu bo hafi y’ubutegetsi bwabwo ikwiye gufatirwa yose, ikifashishwa mu kubaka ubushobozi bwo guhangana n’ibitero bushobora kugaba mu bindi bihugu by’i Burayi n’ibyo mu muryango wa OTAN.
Leta y’u Burusiya yatangaje ko ibyatangajwe na Zelensky ari ibinyoma, kuko nta gahunda ifite yo gutera ibindi bihugu by’i Burayi n’ibyo muri OTAN.

