Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko mbere y’umukino wa gicuti uzayihuza na Young Africans SC, hazaba undi mukino uzahuza abasaza b’iyi kipe “Inoubliable FC” n’indi kipe izatangazwa.
Rayon Sports iri gutegura umunsi wayo wihariye uzwi nka “Rayon Sports 2025”, uzabera muri Stade Amahoro tariki ya 15 Kanama 2025.
Mu kiganiro yagiranye na Radio 10 kuri uyu wa Kabiri, Perezida w’iyi kipe, Twagirayezu Thaddée, yavuze ko yifuzaga ko ikipe y’abagore na yo yakina umukino wa gicuti ku “Munsi w’Igikundiro”, ariko bihurirana n’uko hari undi mukino w’ikipe y’abasaza.
Ati “Narabyifuje cyane ariko Rayon Sports igendana n’ubushobozi. Ntabwo byakunze ko [Abagore] bakina kuri Rayon Day kuko hari undi mukino uzaba w’abasaza ba Rayon Sports kandi ifite icyo ivuze gikomeye kuri uwo munsi.”
Yongeyeho ati “Hari ikipe izakina iminota nka 50, igice cya mbere kikaba cyamara iminota 25, ikindi na cyo kikaba 25. Ikipe muzazibona, turi kubitegura.”
Umukino wa Yanga SC na Rayon Sports uzatangira saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba, uzaba witezwe cyane, aho uretse kuba aya makipe yombi akomeye kandi akaba akunzwe mu Rwanda no muri Tanzania, yari kumwe mu matsinda ya CAF Confederation Cup mu 2018.
Ibyo byiyongeraho ko kuri Rayon Sports Day, herekanwa abakinnyi n’abatoza ikipe izakoresha mu mwaka w’imikino uba ugiye gutangira, abafatanyabikorwa n’imyambaro mishya.
Rayon Sports iheruka gushyira ahagaragara ibiciro byo kwinjira kuri uyu munsi wayo aho imyanya yo hejuru muri Stade Amahoro iri kugurishwa 3000 Frw naho iyo hasi ikaba 5000 Frw.
Hari kandi imyanya yo hasi iri iruhande rw’ahicara abanyacyubahiro yiswe ‘Classic seats’ ya 15.000 Frw, iya VIP ya 30.000 Frw ndetse n’iya VVIP ya 100.000 Frw. Indi myanya ni ‘Executive Seat’ ya 150.000 Frw na SkyBox ya 2.000.000 Frw.
Ni mu gihe amatike ari kugurwa hifashishijwe uburyo bwa *662*700*1191#.

