Muri Mariko 14:34-36, hagira hati: “[34]Arababwira ati: “Umutima wanjye ufite agahinda kenshi kenda kunyica, mugume hano mube maso.”;
[35]Yigira imbere ho hato, yubama hasi, arasenga ngo niba bishoboka icyo gihe kimurenge;
[36]Ati: “Aba, Data, byose biragushobokera, undenze iki gikombe, ariko bye kuba uko jyeweho nshaka, ahubwo bibe uko wowe ushaka.
Hari igihe kigera umuntu akaba mu bihe bitoroshye, kuburyo umutima wuzura agahinda kenshi agasengana umubabaro ari guta amarira.
WOWE URI MURI IBI BIHE KOMEZA UBYEREKE IMANA NTIZASUZUGURA AMARIRA YAWE.
Imana yumvise gutaka kwawe kandi amarira yawe yarayabonye. Humura Imana iraje yitamurure ubone igisubizo cy’ibibazo warufite.
Ngusabiye Imana ngo umutima wawe wuzure ibyishimo mu kimbo cy’umubabaro.
Imana iguhe umugisha, ndagukunda!
Pastor Alphonse HABYARIMANA.

