Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
  • MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge
  • NGORORERO: Ibihazi byari byivuganye Gitifu w’umurenge akizwa n’amaguru
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » MUSANZE: Ku nshuro ya 7, Muhabura Integrated Polytechnic College yongeye gutanga impamyabushobozi
Uburezi

MUSANZE: Ku nshuro ya 7, Muhabura Integrated Polytechnic College yongeye gutanga impamyabushobozi

SETORA JanvierBy SETORA JanvierSeptember 14, 2025Updated:September 14, 2025213 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Abanyeshuri bagera ku 174 nibo bahawe impamyabushobozi ku nshuro ya 7 kuva iri shuri rya Muhabura Integrated Polytechnic College rishinzwe.

Ni abanyeshuri bize mu mashami atandukanye harimo Ubwubatsi (Construction and Building technology); Electronical technology; Information and Communication technology; Hospitality management; ICT Management na Toursim and Travel management.

Umuyobozi w’iri shuri rya MIPC, Prof. Dr. Rwamakuba Zéphanie, yashimye abanyeshuri barangije maze abashishikariza gukomeza kugira uruhare rugaragara mu iterambere ryabo n’iry’igihugu muri rusange.

Yagize ati: “Abanyeshuri barangije amasomo yabo nk’intambwe y’indongozi bateye, twabashishikariza gukomeza gutera izindi, bityo bakazagira uruhare rugaragara mu iterambere ryabo n’iry’igihugu muri rusange. Aba nibo bagomba guhindura sosiyete nyarwanda bakomeza kwerekana indangagaciro nyarwanda; Ikinyabupfura; Umuco n’imyitwarire kuko aribyo bizunganira ubumenyi bakuye hano bizabagirira akamaro mu kubaka igihugu”.

Uwavuze mu izina ry’abarangije NGIZWENIMANA Janvier yavuze ko bishimiye kuba barangije icyiciro cya mbere cya Kaminuza ndetse ko n’ibyo bize bagiye kubibyaza umusaruro ku isoko ry’umurimo.

Yagize ati: “Twishimiye kuba turangije icyiciro cya mbere cya Kaminuza , Aho twakoze cyane twiga amanywa n’ijoro. Mu by’ukuri, ntabwo byari byoroshye ariko twashyizeho umwete ari nayo mpamvu dushimira ababyeyi n’abarimu badufashije mur urwo rugendo, tukaba tugeze kuri uru rwego. Turabizeza kuzabyaza umusaruro ibyo twize ahangaha”.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, NSENGIMANA Claudien yashimiye ubufatanye bwa Diyosezi ya Shyira mu iterambere ry’akarere, by’umwihariko ashimira MIPC ku mpinduka igira mu iterambere ry’akarere.

Yagize ati: “Turashimira ubufatanye bwa Diyosezi ya Shyira by’umwihariko ubuyobozi bwa MIPC ku bw’impinduka iri shuri rigira ku iterambere ry’ubukungu bw’akarere. Turashimira kandi abanyeshuri bashije ikivi cyabo mu gihe cy’imyaka itatu bamaze ahangaha”.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, NSENGIMANA Claudien

Meya NSENGIMANA yakomeje asaba abarangije kutazapfusha ubusa ubumenyi bahawe.

Yagize ati: “Turasaba abanyeshuri barangije gutanga umusanzu wabo mu bumenyi ngiro bakuye muri MIPC kandi uruhare rwanyu rukazagaragara mu iterambere ry’igihugu kandi mwigirira icyizere kukaba urumuri rwiza mwihesha agaciro n’igihugu cyanyu ku buryo ibyo mwize bihindura imibereho yanyu, iy’imiryango yanyu n’igihugu muri rusange”.

Bishop ABIMANA (Hagati); Mukashema Mireille (iburyo) na Prof.Dr.Rwamakuba Zéphanie (ibumoso).
Bishop ABIMANA (Hagati); Mukashema Mireille (iburyo) na Prof.Dr.Rwamakuba Zéphanie (ibumoso)

Umwepiskopi wa Diyosezi ya Shyira, Augustin Abimana, yashimiye ababyeyi ko bareze neza ndetse anashimira Imana ku byiza byose itangira ubuntu. Bityo ashimira ubuyobozi bw’igihugu ndetse n’ubw’inama nkuru y’amashuri makuru na Kaminuza (HEC) badahwema kugira inama MIPC.

Yagize ati: “Turashimira ubuyobozi bwiza bw’igihugu burajwe ishinga n’ineza y’abanyarwanda, ndashimira kandi inama nkuru y’amashuri makuru na Kaminuza (HEC) mu buryo baba hafi MIPC mu kuyishoboza no kuyunganira ngo irusheho gutanga ubumenyi mu mashami atandukanye n’inama babagira ngo MIPC ibone uburenganzira bwo kujya itanga impamyabushobozi zo mu cyiciro cya kabiri (Ao) nk’izindi Kaminuza”.

Bishop ABIMANA yashimiye kandi n’abandi bafatanyabikorwa maze asoza asaba abarangije kuzashyira mu bikorwa ibyo bize.

Yagize ati: “Ubwenge ni kimwe ariko umuco ni ikindi. Ni ngombwa ko mugira umuco n’ indangagaciro ndetse n’ ikinyabupfura kuko nibyo bigomba kubaranga aho muzajya hose ariko kandi kwiga ntibirangira, ari nayo mpamvu mbasaba gukomeza gutera izindi ntambwe zizabagasha kugirira igihugu cyanyu akamaro”.

Abarimu n’ababyeyi bari babukereye

Inama nkuru y’amashuri makuru na Kaminuza muri ibi birori yari ihagarariwe na Mukashema Mireille washimiye MIPC ku bw’amashami 6 ifite yigisha ishingiye ku ikoranabuhanga. Yavuze ko uyu ari umunsi w’ibyishimo n’ishema ku babyeyi bashyize imbaraga mu nyigire y’abana babo maze asoza asaba abarangije kutazatesha agaciro ibyo bigiye muri MIPC.

Yagize ati: “Uyu ni umunsi w’ibyishimo n’ishema ku babyeyi bashyize imbaraga mu myigire y’abana ariko ntibigishije abana gusa ahubwo bakoreye n’igihugu kuko imbaraga zabo nizo zigiye kuzakoreshwa mu kubaka igihugu. Niyo mpamvu tubasaba kutazatesha agaciro ibyo bigiye muri MIPC ahubwo ko bagomba kubibyaza umusaruro cyane ko ibyo bize byose bijyanye n’ikoranabuhanga , bityo bagahanga udushya mu rwego rwo guteza imbere igihugu”.

Mu gushishikariza abana kwiga neza, ababaye indashyikirwa mu mashami atandukanye bahawe ibihembo birimo n’igihembo cyatanwe na Banki ya Kigali (BK) kingana na sheki ya Miliyoni imwe yahawe uwabaye uwa mbere mu ishami ry’ubukerarugendo.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
SETORA Janvier

Related Posts

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

Minisiteri y’Uburezi yatangaje impinduka enye zikomeye, hagamijwe kuzamura ireme ry’uburezi

August 2, 2026

MUSANZE: Ku nshuro ya 8, Muhabura Integrated Polytechnic College (MIPC) yongeye gutanga impamyabushobozi ku banyeshuri bagera kuri 226

August 1, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,817 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,574 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,080 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026991 Views

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 17, 20260

Nk’uko twabibagejejeho mu nkuru yacu iheruka, ku itariki ya 14/08/2026 ahagana saa moya hagaragaye umwotsi…

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.