Muri Luka10:19 hagira hati: “[19]Dore mbahaye ubutware bwo kujya mukandagira inzoka na sikorupiyo, n’imbaraga z’Umwanzi zose kandi nta kintu kizagira icyo kibatwara rwose

IYO WAKIRIYE YESU KRISTO NK’UMWAMI N’UMUKIZA W’UBUGINGO BWAWE SATANI ATANGIRA KUJYA AGUHUNGA MU GIHE URI GUSENGA.
Iyo umuntu akijijwe, akabatizwa mu rwego rwo gusohoza gukiranuka kose, akaba yiyejeje nta cyaha kikimuriho, iyo ageze ahongaho satani n’abambari be baramutinya cyane kuko ntaba akiri we ahubwo ni Kristo ugaragara muri we. Uko Mose yavuye ku musozi isura yahindutse ni urugero rwiza rw’uko umuntu ahinduka akambara ubwiza burimo imbaraga zikomeye.
KIZWA KANDI UJYE UGENDANA INTWARO Z’IMANA NTUZONGERA GUTSINDWA NA SATANI N’ABAMBARI BE.
Mu Abefeso 6:13 hagira hati: “[13]Nuko rero mutware intwaro zose z’Imana, kugira ngo mubashe gukomera ku munsi mubi kandi murangije byose mubashe guhagarara mudatsinzwe (Usome ahakurikira kugira ngo umenye izo ntwaro).
GUHAMAGARA YESU, AMARASO YA YESU, UMURIRO WO MU IJURU N’IZINDI MBARAGA ZO MU IJURU NIBYO BISHEGESHA SATANI N’ABAROZI.
Uzumva umuntu warozwe, uzumva umuntu wirukanye abarozi; Uzabona umuntu wirukana abadayimoni mu bantu. Byose ni Yesu Kristo ubikorera mu bantu bahagaze neza muby’umwuka muri icyo gihe.
TINYUKA UJYE WIRUKANA SATANI N’ABO AKORESHA BOSE.
Ntukongere kugira ubwoba nuhura n’umuntu utewe na dayimoni cyangwa umurozi. Niba ukijijwe hamagara Yesu, amaraso ya Yesu, umuriro wo mu ijuru bizatitiza satani ahunge.
Ugire amahoro, ndagukunda!
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

