Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
  • MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge
  • NGORORERO: Ibihazi byari byivuganye Gitifu w’umurenge akizwa n’amaguru
  • MUSANZE: Ikigo “RED ROCKS”, cyaganuje abaturanyi bacyo n’abanyamahanga karahava
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Dusangire ijambo ry’Imana! Theme: Ikibazo kizaza kirebe abantu benshi, wowe n’abawe kizabasiga mwemye. Vuga uti: “Amen!”
Iyobokamana

Dusangire ijambo ry’Imana! Theme: Ikibazo kizaza kirebe abantu benshi, wowe n’abawe kizabasiga mwemye. Vuga uti: “Amen!”

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasNovember 20, 2025Updated:November 20, 20257 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Muri Yosuwa 2:18-19 hagira hati: “[18]Nitugera muri iki gihugu uzapfundike aka kagozi gatukura ku idirishya uducishijemo, ariko so na nyoko na bene so n’abo mu rugo rwa so bose, uzabateranirize iwawe.
[19]Nihagira umuntu uva mu nzu yawe agasohoka, amaraso ye ni we azabaho twe nta rubanza ruzatubaho. Kandi umuntu wese uzaba ari hamwe nawe mu nzu, amaraso ye azatubeho nihagira umwakura.Umugani nyarwanda uravuga ngo ntabapfira gushira.

Abantu b’i Yeriko bagombaga kwicwa bose bagashira kuko abisirayeri bagombaga kuba muri iki gihugu benecyo bose bapfuye.

Rahabu we wari indaya yahisemo gukora ibintu twakwemeza ko ari ukugambanira igihugu kandi n’ubundi kubikora no kutabikora ntibyari kubuza ko Abisirayeli batura icyo gihugu bamaze kwica abari bagituyemo bose.

UBUNTU BW’IMANA IYO BUKURIHO UMENYA IBYENDA KUBA UGAFATA INGAMBA

Rahabu abonye ko ntayandi mahitamo ahari, kubera Imana yari yaragiye igabiza Abisirayeri ibihugu byose bacagamo n’uburyo Imana yakamije inyanja itukura, abisirayeri bakambuka, yahisemo gukora ibintu bitabaho byo gufasha abatataga igihugu kuko n’ubundi yabonaga ibyacyo byarangiye, maze ahisha abatasi nabo bamwemerera ko we n’abe bose batazabarimburana n’abandi.

NAWE KUBW’AGAKIZA KAWE UZIKIZA WIKIZANYE N’ABAWE.
Wowe wamenye Yesu Kristo urahirwa kuko uzikizanya n’abakumva. Satani yaje kwiba; Kwica no kurimbura, akabikorera abantu bose batizeye Umwami Yesu ndetse n’abanze kwihana ibyaha ngo babireke. Uzarokoka ubugome bwa satani ni Uwizeye Umwami Yesu kandi Ubwiriza Iby’umwami Yesu, azikizanya n’abamwumva.

URAHIRWA WOWE UGAMBANA MU ISI YA SATANI.

Yesu agiye kuza kugira ngo yime ingoma ye. Wikomeza gukorana n’abiyeguriye satani ufatanya n’abajura; Abagome n’abagambanyi; abasambanyi n’abicanyi; Abarozi n’abandi bakora ibyaha mu buryo bumwe cyangwa ubundi, ahubwo cumbikira Umwami Yesu Kristo niyo abandi baba batabyumva kuko kumwizera nibyo bizaduhesha ubugingo nyuma y’ubu buzima.

Nureka ibyaha, abo mwabikoranaga bazajya bakubwira ko wabagambaniye; Ko wari ubihishemo ndetse bazashaka kukugarura mu byaha ariko uzatandukane nabo burundu kuko ntiwareka Yesu Kristo ngo ubone undi wazaguha amahoro; Ibyishimo; Umunezero n’ubugingo buhoraho.

Imana iguhe umugisha, ndagukunda!
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

MENYA BYINSHI KURI “SIGNIS WORLD CONGRESS 2026”, IHURIJE HAMWE ABAKORA MU ITANGAZAMAKURU N’ITUMANAHO RYA KILIZIYA

August 6, 2026

Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri: Mu ma Paroisse atandukanye, hatangajwe aho Abapadiri bazakorera ubutumwa (Nominations) mu mwaka wa 2026/ 2027

July 4, 2026

Umugambi mubisha wa ‘NDUMUJURA’, uravugwa no mu bihayimana

May 27, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,817 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,574 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,079 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026991 Views

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 15, 20260

Mu rwego rwo kwitegura neza umuhango wo kwita izina abana b’ingagi, umuhango uteganijwe kuya 04/09/2026:…

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026

RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku

August 13, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.