Muri Yosuwa 2:18-19 hagira hati: “[18]Nitugera muri iki gihugu uzapfundike aka kagozi gatukura ku idirishya uducishijemo, ariko so na nyoko na bene so n’abo mu rugo rwa so bose, uzabateranirize iwawe.
[19]Nihagira umuntu uva mu nzu yawe agasohoka, amaraso ye ni we azabaho twe nta rubanza ruzatubaho. Kandi umuntu wese uzaba ari hamwe nawe mu nzu, amaraso ye azatubeho nihagira umwakura.
Umugani nyarwanda uravuga ngo ntabapfira gushira.
Abantu b’i Yeriko bagombaga kwicwa bose bagashira kuko abisirayeri bagombaga kuba muri iki gihugu benecyo bose bapfuye.
Rahabu we wari indaya yahisemo gukora ibintu twakwemeza ko ari ukugambanira igihugu kandi n’ubundi kubikora no kutabikora ntibyari kubuza ko Abisirayeli batura icyo gihugu bamaze kwica abari bagituyemo bose.
UBUNTU BW’IMANA IYO BUKURIHO UMENYA IBYENDA KUBA UGAFATA INGAMBA
Rahabu abonye ko ntayandi mahitamo ahari, kubera Imana yari yaragiye igabiza Abisirayeri ibihugu byose bacagamo n’uburyo Imana yakamije inyanja itukura, abisirayeri bakambuka, yahisemo gukora ibintu bitabaho byo gufasha abatataga igihugu kuko n’ubundi yabonaga ibyacyo byarangiye, maze ahisha abatasi nabo bamwemerera ko we n’abe bose batazabarimburana n’abandi.
NAWE KUBW’AGAKIZA KAWE UZIKIZA WIKIZANYE N’ABAWE.
Wowe wamenye Yesu Kristo urahirwa kuko uzikizanya n’abakumva. Satani yaje kwiba; Kwica no kurimbura, akabikorera abantu bose batizeye Umwami Yesu ndetse n’abanze kwihana ibyaha ngo babireke. Uzarokoka ubugome bwa satani ni Uwizeye Umwami Yesu kandi Ubwiriza Iby’umwami Yesu, azikizanya n’abamwumva.
URAHIRWA WOWE UGAMBANA MU ISI YA SATANI.
Yesu agiye kuza kugira ngo yime ingoma ye. Wikomeza gukorana n’abiyeguriye satani ufatanya n’abajura; Abagome n’abagambanyi; abasambanyi n’abicanyi; Abarozi n’abandi bakora ibyaha mu buryo bumwe cyangwa ubundi, ahubwo cumbikira Umwami Yesu Kristo niyo abandi baba batabyumva kuko kumwizera nibyo bizaduhesha ubugingo nyuma y’ubu buzima.
Nureka ibyaha, abo mwabikoranaga bazajya bakubwira ko wabagambaniye; Ko wari ubihishemo ndetse bazashaka kukugarura mu byaha ariko uzatandukane nabo burundu kuko ntiwareka Yesu Kristo ngo ubone undi wazaguha amahoro; Ibyishimo; Umunezero n’ubugingo buhoraho.
Imana iguhe umugisha, ndagukunda!
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

