Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
  • MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge
  • NGORORERO: Ibihazi byari byivuganye Gitifu w’umurenge akizwa n’amaguru
  • MUSANZE: Ikigo “RED ROCKS”, cyaganuje abaturanyi bacyo n’abanyamahanga karahava
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
Uburezi

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasAugust 15, 2026Updated:August 15, 202679 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Mu rwego rwo kwitegura neza umuhango wo kwita izina abana b’ingagi uteganijwe kuya 04/09/2026, Ikigo cy’ubukerarugendo bushingiye ku muco kizwi nka “RED ROCKS” giherereye mu murenge wa Nkotsi mu karere ka Musanze cyateguye iserukiramuco (Cultural Festival) rizaba kuva tariki ya 28/08/2026 kugeza kuya 04/09/2026.

Ni iserukiramuco rizarangwa n’imurikagurisha aho abaturiye iki kigo n’abagikoramo bazamurika ibyo bakora, imbyino n’umurishyo w’ingoma; Amafunguro n’ibinyobwa biteguye mu buryo bwa gakondo birimo n’urwagwa nyarwanda rutegurwa mu mutobe w’ibitoki rukabetezwa impeke y’umwami (amasaka).

UZAMUKUNDA Marceline na MUHAWENIMANA Pauline ni bamwe mu baturage bakorana n’ikigo cy’Ubukerarugendo bushingiye ku muco bavuga ibyiza bya Red Rocks n’icyo biteguye gukorera ba mukerarugendo kugira ngo bazasubire iwabo ari ba ambasaderi baho.

UZAMUKUNDA yagize ati: “Njyewe, mu bwana bwanjye numvaga ba mukerarugendo nkumva ari abantu bateye ubwoba ntakwisanzuraho nk’umuntu utarageze mu ishuri aho narangije amashuri 6 abanza ariko kuri izi saha, na ba mukerarugendo turisanzura igihe cyose baziye, nkabagurisha bityo, bakagira n’icyo bansigira kuko nanjye hari ibyo mba mbagurishije. Nko mu iserukiramuco dutegereje, nzagurisha nk’uduseke naboshye noneho mbone amafaranga yo kwikenuza mu rugo cyane ko kugeza ubu nta mugore ukorana na Red Rocks ukigurirwa igitenge n’umugabo cyangwa ngo atiyishyurira ubwisungane mu kwivuza (Mituelle de Santé.”

UZAMUKUNDA yakomeje avuga ko biteguye gutanga serivisi nziza kuri abo banyamahanga kugira ngo bazagende bavuga u Rwanda neza ndetse bazagaruke bazanye n’abandi.

Madame UZAMUKUNDA Marceline

Yagize ati: “Kugira ngo bagende batuvuga neza iwabo, iyo batugezeho, tubakirana urugwiro twifashishije n’umutobe ufutse wacu twise ‘Welcome’, tukabaha ubwisanzure n’ibyo dufite, bityo bakagenda bishimiye cyane cyane urwagwa rwacu rwa gakondo rufite ubuziranenge. Mu iserukiramuco rero, nta bindi tuzakora uretse ibyo dusanzwe dukora gusa tukazabinoza kurushaho.”

MUHAWENIMANA Pauline we yagize ati: “Hano muri Red Rocks mpakorera imirimo itandukanye ishingiye ku muco kuko twanze ko umuco wacu ucika dore ko wari utangiye gucika hirya no hino, aho wajyaga gusura mugenzi wawe ukagenda uhetse ibikapu mu mugongo ariko twe, Red Rocks yararebye isanga umuco utagomba gucika ariyo mpamvu tuboha utwo duseke.”

MUHAWENIMANA yakomeje avuga ko igikorwa cy’iserukiramuco ari cyiza cyane kandi ko bacyishimiye kandi ko bazakibyaza umusaruro.

Madame MUHAWENIMANA Pauline

Yagize ati: “Igikorwa cy’iserukiramuco turacyishimira cyane kuko iyo cyabaye, cyitabirwa n’abantu benshi barimo n’abanyamahanga ari nabo bagura ibyo tuba twarakoze, tukabona amafaranga. Ni muri urwo rwego dusaba buri munyarwanda wese guharanira gutanga serivisi nziza cyane cyane ku banyamahanga kuko iyo baje tukabakira neza, tukabereka ibyo dukora n’umutima mwiza, tukabereka umuco wacu, birabashimisha cyane kuko mu byo tubaha haba harimo n’amafunguro nyarwanda.”

Umuyobozi mukuru wa RED ROCKS Bakunzi Grégoire yabwiye Karibumedia.rw impamvu nyamukuru yatumye bategura iri serukiramuco, aho yavuze ko biri muri gahunda yo kubungabunga umurage w’umuco ari nawo nzira ihoraho yo guhanga udushya.

Yagize ati: “Umurage w’umuco wacu uduha kumva no kumenya abo turi bo, ukaba isoko y’ingenzi kandi idasimburwa ushingiye ku bitekerezo bishya n’ubuhanzi. Kubungabunga umurage ni inzira ihoraho yo guhanga udushya, igamije kurinda imizi y’umuco wacu, gukomeza guhuza n’impinduka z’isi no kongera gutekereza ku kamaro k’umurage kugira ngo ugire akamaro ku rubyiruko rwacu rw’ejo hazaza. ‘Heritage is a legacy of our past_ giving us a sense of identity and is an irreplaceable source of inspiration and creativity. Preserving heritage is a process of constant innovation to retain our roots, remaining relevant to global changes, and reimagining what it is for our future generation’.”

Bwana BAKUNZI Grégoire, Umuyobozi wa Red Rocks

Iserukiramuco (Cultural Festival) ni igikorwa ngarukamwaka cyangwa cy’igihe runaka gihuriza hamwe abantu mu buryo bwo kwishima, kwerekana no guteza imbere ubuhanzi, umuco, sinema cyangwa imikino.

Mu Rwanda hazwi amaserukiramuco akomeye atandukanye aba mu byiciro by’umuco n’ubuhanzi, Amaserukiramuco azwi mu Rwanda harimo nk’Ubumuntu Arts Festival Iserukiramuco mpuzamahanga ry’ubuhanzi ribera i Kigali rigamije gusangira amateka n’amahoro binyuze mu makinamico n’ubuhanzi n’iserukiramuco rya Sinema ryibanda kuri filime zitandukanye no guhatanira ibihembo byiza bya sinema.

Ikigo RED ROCKS gikorana n’abantu 120 barimo 60 b’abagabo na 60 n’abagore kandi bose bakora ibintu bitandukanye, birimo: Kuboha uduseke; Ibirago; Imitako itandukanye n’ibindi bintu bikoranye ubugeni bwihariye.

Yanditswe na SETORA Janvier

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

Minisiteri y’Uburezi yatangaje impinduka enye zikomeye, hagamijwe kuzamura ireme ry’uburezi

August 2, 2026

MUSANZE: Ku nshuro ya 8, Muhabura Integrated Polytechnic College (MIPC) yongeye gutanga impamyabushobozi ku banyeshuri bagera kuri 226

August 1, 2026

RULINDO: Umunsi w’Umwana w’Umunyafurika, Abaturage bibukijwe kudateshuka ku Nshingano za Kibyeyi

June 27, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,811 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,571 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,079 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026991 Views

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 15, 20260

Mu rwego rwo kwitegura neza umuhango wo kwita izina abana b’ingagi uteganijwe kuya 04/09/2026, Ikigo…

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026

RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku

August 13, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.