
Bamwe mu baturage bo mu kagari ka Nyarutembe; Umurenge wa Rugera mu karere ka Nyabihu, baratabaza inzego zibishinzwe ngo barenganurwe kuko ngo bagiye kwamburwa ubutaka bwabo nta ngurane ikwiye bahawe.
Ngo ni ikibazo gihangayikishije cyane cyane abaturage bafite umutungo utimukanwa muri kariya kagari ngo basabwa kwimurwa niba badashobora guturana n’abandi mu nzu zizahubakwa mu buryo bw’umudugudu w’icyitegererezo (Model Village) aho hubakwa inzu igaturamo imiryango ibiri cyangwa ine zizwi nka “Two in one or Four in One).
Baganira na Karibumedia.rw, aba baturage bavuga ko batigeze babarirwa imitungo yabo itimukanwa ngo bahabwe ingurane ikwiye nk’uko biteganywa n’amategeko ahubwo ko hari abaza kubasinyisha mu ibanga kandi batarabarurirwa ngo bamenye niba ingurane bazahabwa ikwiye koko ugendeye ku mutungo wabaruwe.

Uwineza Marie Josée; Ntirikwendera Pierre Célestin; Nizeyimana Béatrice na Jérôme ni bamwe muri abo baturage baganiriye na Karibumedia.rw bagaragaza impungenge n’urujijo barimo.
Uwineza Marie Josée yagize ati: “Twifuza ko twabarirwa imitungo yacu noneho tugahabwa raporo y’umugenagaciro (rapport d’expertise) noneho utanyunzwe nayo agakoresha indi raporo inyomoza nayo izwi nka ‘Contre expertise’ mu ndimi z’amahanga kuko twumvise ko hari abantu batazwi binjiye mu kagari kacu ka Nyarutembe bakabarura imitungo yacu tudahari na n’ubu tukaba tutarabamenya none andi makuru turi kumva nuko ngo tugomba kwimurwa tukajya ahandi. Turifuza ko abayobozi bazaza mu kagari kacu bakadusobanurira kandi bakazana n’abagenagaciro tugahabwa ingurane ikwiye nk’uko amategeko abigena.”
Ntirikwendera Pierre Célestin we yagize ati: “Twumva amagambo atugwa mu matwi ngo tugiye kwimurwa ariko ntitumenye iyo tuzajya.Ese umuturage yimura undi gute, biba byagenze bite? Niba koko hari abagiye kuhatuzwa, nibaduhe ingurane ikwiye tujye gutura ahandi.”
Nizeyimana Béatrice we yagize ati: “Ejo baje kumbarurira, bahageze barambwira ngo ntibambarurira ngo ntari kumwe n’uwo twaguze. Nkifuza ko ubuyobozi bwashyira n’igitsure kubashinzwe gutanga serivisi zo guhererekanya ubutaka bakajya batanga serivisi nziza kandi neza kuko igihe cyo kubarirwa cyazagera ntarahindurizwa, ugasanga bingizeho ingaruka.”
Jérôme we yagize ati: “Ntitwishimiye ingurane baduha kuko nta mugenagaciro wigeze agera muri aka kagari ngo tumenye ko tuzabona ingurane ikwiye kuko utanyurwa n’igenagaciro ryakozwe yarinyomoza noneho hakabaho guhuza izo raporo zombi n’abagenagaciro. Bityo, tukifuza ko bataduhaye ingurane ikwiye, abo baturage batuzwa mu metero 300 uvuye ku mugezi wa Mukungwa, aho ubuyobozi bw’akarere bwagaragarije Minisitiri w’ibiza.”
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Madame Mukandayisenga Antoinette yabwiye Karibumedia.rw ko bidashoboka gukura abaturage mu butaka bwabo nta ngurane.
Yagize ati: “Ibyo se wowe urumva bishoboka? Mu by’ukuri si ukubakura mu butaka bwabo kuko bazahabwa ingurane ku butaka budatuwe ariko bukaba ari ubutaka bwagenewe imiturire nk’uko bigaragazwa n’igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka (Master plan).”
Meya Mukandayisenga yakomeje avuga ko abaturage bigiza nkana ko amakuru bayafite kandi ahagije kuko ngo babaganirije bihagije.
Yagize ati: “Baraganirijwe cyane rwose kandi baranabyishimiye ariko uwaba avuga ibitandukanye nabyo yaba abivuga ku giti cye kuko impungenge bari bafite, bibwiraga ko bo bazimurwa bakahava hagatuzwa abandi, nyamara sibyo kuko nta muntu usanzwe ahatuye uzimurwa. Byumvikane neza ko ntawuzimurwa gutyo gusa ahubwo ubutaka buzabarurwa buhabwe ingurane ikwiye kandi ishingiye ku gaciro kabwo.”
Amategeko ateganya iki?
Itegeko n°43/2013 ryo kuwa 16/06/2013 rigenga ubutaka mu Rwanda mu ngingo yaryo ya 34 ivuga ku burenganzira busesuye bwo gukoresha ubutaka. Igira iti: “Buri muntu afite uburenganzira busesuye bwo gukoresha ubutaka bwe hakurikijwe ibiteganywa n’iri tegeko n’andi mategeko. Leta yishingira uburenganzira bwo gutunga ubutaka mu mudendezo kandi ikanarinda nyirabwo kubwamburwa ku maherere, bwaba bwose cyangwa igice cyabwo, keretse gusa mu gihe cyo kwimura abantu ku mpamvu z’inyungu rusange.”
Ni mu gihe Itegeko n°007/2023 ryo kuwa 22/01/2024 rihindura itegeko n°22/2018 ryo kuwa 29/04/2018 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamibano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi mu ngingo yaryo ya 2, agace ka 2 n’aka 3 ivuga ku ijyanye n’igenagaciro. Igira iti: “Uwishyuza, uwishyuzwa na nyir’umutungo bafite uburenganzira bwo kunyomoza igenagaciro rivugwa mu gika cya (1) cy’iyi ngingo mu gihe kitarenze iminsi 15 ibarwa uhereye ku munsi bamenyesherejweho raporo y’igenagaciro, bifashishije impuguke bahawe n’Urugaga rw’abakora umwuga w’igenagaciro ku mutungo utimukanwa mu Rwanda.
Iyo habayeho igenagaciro rinyomoza, hemezwa igiciro mpuzandengo hashingiwe ku gaciro katanzwe n’abagenagaciro bose.”
Amakuru agera kuri Karibumedia.rw ngo ni uko abagiye kuzatuzwa aha muri Nyarutembe mu murenge wa Rugera bazaba bakuwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kazirankara mu murenge wa Shyira kubera ko ngo aha bari batuye hagiye gushorwa imari hagashyirwa ikiyaga gihimbano (Lac artificiel).



Yanditswe na SETORA Janvier.
