Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9

January 10, 2026

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026

Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.

December 26, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9
  • Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo
  • Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.
  • Rwambikanye hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Kinyumba
  • BURERA: Mu gitondo cy’isuku abaturage bo mu gace k’amakoro basezeranije ubuyobozi kuzamura igipimo ku isuku n’isukura.
  • MUSANZE: Rurageretse hagati ya Mbarushimana Emmanuel na Nsengiyumva Jean Claude bapfa ubutaka.
  • BURERA: Bane barimo abasirikare babiri bitabye Urukiko rwa Gisirikare bahakana ibyo baregwa.
  • Sugira Ernest udafite ikipe yatangiye inzira yo kuba umutoza.
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Perezida Paul Kagame azahurira na Félix Tshisekedi i Washington mu Cyumweru gitaha.
Ubukungu

Perezida Paul Kagame azahurira na Félix Tshisekedi i Washington mu Cyumweru gitaha.

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasNovember 28, 202526 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yemeye guhurira na Perezida Paul Kagame i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu cyumweru gitaha.

Leta ya Amerika imaze igihe igerageza guhuriza aba bakuru b’ibihugu i Washington DC, kugira ngo basinye ‘amasezerano ya nyuma’ aherekeza amasezerano y’amahoro u Rwanda rwagiranye na RDC tariki ya 27 Kamena 2025.

Byari byarateganyijwe ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahurira i Washington DC tariki ya 23 Ukwakira, ariko ntibyashobotse kuko intumwa za RDC zanze gushyira umukono ku mushinga w’amasezerano y’ubufatanye mu bukungu.

Ubwo u Rwanda na RDC byemeranyaga kuri uyu mushinga, bikanawushyiraho umukono tariki ya 7 Ugushyingo, icyizere cy’uko aba bakuru b’ibihugu bazahurira i Washington vuba cyariyongereye.

Gahunda yimuriwe ku ya 13 Ugushyingo ariko na bwo isubikwa “Ku munota wa nyuma”, kubera impamvu zitamenyekanye. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yasobanuye ko Perezida Kagame na Tshisekedi bari baremeye guhura.

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’abanyamakuru tariki ya 27 Ugushyingo, yemeje ko yiteguye kujya i Washington DC, kuganira, kwemeranya cyangwa gusinya kuko u Rwanda ruhora rwiteguye gukora ibyo rusabwa kugira ngo amahoro aboneke.

Ati: “Nababwira ko ibijyanye no gukererwa, ibyo bidaturuka ku Rwanda cyangwa ngo rugire aho ruhurira na byo. Ndagira ngo mbihamye. Byaba ku wundi… twebwe turategereje. Bari kuvuga ngo byashoboka mu ntangiriro za Ukuboza, ntabwo nzi niba ejo umuntu atazavuga ati: ‘Oya, sinzajya i Washington’ kubera ko mu ijoro ryakeye yabirose cyangwa se yagiriwe inama n’umuvugabutumwa ko kubikora ari igitekerezo kibi, akavuga ati sinjyayo.”

Perezida Kagame yabwiye abanyamakuru ko mu gihe Tshisekedi yakongera guhindura gahunda nka mbere, ntacyo yabikoraho, ariko ko yizeye ko umuhuza afite ubushake bwo gutuma haterwa intambwe nziza yo kubahuza bombi.

Ati: “Rero tuzategerezanya icyizere. Si uruzinduko rwa Washington DC gusa, ahubwo ni ugutera intambwe ziganisha ku kugera ku bwumvikane bwadufasha gutangira urugendo ruzazana amahoro mu karere kacu no mu bihugu byacu.”

Ku wa 27 Ugushyingo, ikinyamakuru Africa Intelligence cyatangaje ko “Perezida wa RDC uri ku gitutu cya Amerika, azajya guhura n’itsinda rya Donald Trump tariki ya 4 Ukuboza, asinye amasezerano y’amahoro na mugenzi we w’u Rwanda.”

Amerika igaragaza ko “Amasezerano ya nyuma” y’u Rwanda na RDC azafasha akarere k’Ibiyaga Bigari kugira amahoro n’iterambere rirambye, binyuze mu bufatanye mu rwego rw’ubukungu.

Byitezwe ko mu rwego rwo kuyubahiriza, u Rwanda na RDC bizifatanya mu guteza imbere ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusizi III, guteza imbere ubucuruzi n’urwego rw’ubuzima no kurinda pariki.

Ariko ibyo byose bizaharurirwa inzira no gushyira mu bikorwa ingamba zo mu rwego rw’umutekano zirimo gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, agaragaza ko ingabo za RDC zigiha FDLR ubufasha, bikanakorana, aho kuyisenya. Yasobanuye ko gusenya uyu mutwe bizaharurira u Rwanda inzira yo gukuraho ingamba z’ubwirinzi, ariko ko nibidakorwa, umutekano w’akarere uzakomeza guhungabana.

Yanditswe na Bonaventure NKURUNZIZA.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

RULINDO: Base bajujubijwe n’ubujura bw’amatungo no gupfumurirwa amazu.

December 3, 2025

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko Abapolisi 74 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru.

December 3, 2025

KICUKIRO: Polisi yafatiye mu cyuho umugabo amaze kwiba moto.

December 2, 2025
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025741 Views

BREAKING NEWS: Burera mu murenge wa Rugarama, inkuba yakubise umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 25 ahita apfa.

September 15, 2025414 Views

BURERA: Bane barimo abasirikare babiri bitabye Urukiko rwa Gisirikare bahakana ibyo baregwa.

December 5, 2025341 Views

AMAJYARUGURU: Umuturage agomba guhora ku isonga_ Guverineri MUGABOWAGAHUNDE Maurice.

September 20, 2025305 Views
Amakuru

Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9

By MANIRAGUHA LadisilasJanuary 10, 20260

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) isuzuma ibyo abantu bakoresheje mu ngendo bakoreye mu Rwanda [Travel…

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026

Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.

December 26, 2025

Rwambikanye hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Kinyumba

December 18, 2025

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9

January 10, 2026

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026

Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.

December 26, 2025
Amakuru Akunzwe

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025

BREAKING NEWS: Burera mu murenge wa Rugarama, inkuba yakubise umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 25 ahita apfa.

September 15, 2025

BURERA: Bane barimo abasirikare babiri bitabye Urukiko rwa Gisirikare bahakana ibyo baregwa.

December 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.