Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri, ni Umusingi w’Ireme ry’Uburezi/ Dr. Nelson MBARUSHIMANA

August 20, 2026

MUSANZE: Ubufatanye buzazamura ubumenyi n’ubuhanga mu bukerarugendo bushingiye ku muco

August 19, 2026

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri, ni Umusingi w’Ireme ry’Uburezi/ Dr. Nelson MBARUSHIMANA
  • MUSANZE: Ubufatanye buzazamura ubumenyi n’ubuhanga mu bukerarugendo bushingiye ku muco
  • BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Gicumbi: Polisi Yafashe Itsinda ry’abiyitaga Abaparakomando bacukuraga zahabu mu buryo bunyuranyije n’amategeko
Umutekano

Gicumbi: Polisi Yafashe Itsinda ry’abiyitaga Abaparakomando bacukuraga zahabu mu buryo bunyuranyije n’amategeko

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasAugust 3, 2025Updated:August 3, 2025131 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gicumbi ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano yafashe abagabo umunani (8) bikekwa ko bari mu itsinda ry’abiyitaga abaparakomando, bakaba barimo gukora ubucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa zahabu, mu mugezi wa Gateke uherereye mu murenge wa Bwisige, akagari ka Mukono.

Aba bagabo bafatiwe mu bikorwa byo gucukura zahabu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aho bangizaga imirima y’abaturage n’ibidukikije bikikije uwo mugezi. Ibikorwa byabo byatezaga umutekano muke n’ubushyamirane hagati yabo n’abaturage bafite ibikorwa byangizwa n’ubucukuzi bwabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru  IP Ignace NGIRABAKUNZI yatangaje ko ubucukuzi butemewe nk’ubu bufite ingaruka mbi nyinshi zirimo kwangiza ibidukikije no guteza umutekano muke mu baturage.

Yagize ati: “Iteka ubucukuzi bukozwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko bwangiza ibidukikije, ariko bikanateza n’ubushyamirane bushobora guteza umutekano muke hagati y’ababukora n’abafite ibikorwa byangizwa n’ubwo bucukuzi.”

Yakomeje avuga ko atari muri Bwisige honyine hibasiwe n’ibikorwa nk’ibi, ahubwo ko n’ahandi hose Polisi izakomeza ibikorwa byo kubihashya.

“Usibye aha muri Bwisige, hari n’ahandi abaturage bangirizwa imyaka n’imirima kubera abantu biyita abaparakomando. Polisi izakomeza kubakurikirana aho bari hose kugira ngo babiryozwe,” yongeyeho.

Polisi y’u Rwanda iributsa abantu bose bishora mu bucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro kubireka, kuko ku bufatanye n’abaturage ibikorwa nk’ibi bizakomeza gukumirwa, ababishe amategeko bagafatwa bakagezwa imbere y’ubutabera.

Abagabo umunani bafashwe kuri ubu bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Byumba, aho bari gukurikiranwa n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hatangire iperereza ku byaha bakekwaho.

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gicumbi ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano yafashe abagabo umunani (8)
Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge

August 10, 2026

RWANDA: Mu mezi 6 gusa, hacurujwe abanyarwanda 204 ariko bagaruwe mu Rwanda

July 26, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,833 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,593 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,101 Views

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 20261,043 Views

Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri, ni Umusingi w’Ireme ry’Uburezi/ Dr. Nelson MBARUSHIMANA

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 20, 20260

Mu kiganiro kuri Radio na TV10, cyabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki…

MUSANZE: Ubufatanye buzazamura ubumenyi n’ubuhanga mu bukerarugendo bushingiye ku muco

August 19, 2026

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri, ni Umusingi w’Ireme ry’Uburezi/ Dr. Nelson MBARUSHIMANA

August 20, 2026

MUSANZE: Ubufatanye buzazamura ubumenyi n’ubuhanga mu bukerarugendo bushingiye ku muco

August 19, 2026

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.