Muri 1Timoteyo 2:9-14 hagira hati: “[9]Kandi n’abagore ni uko ndashaka ko bambara imyambaro ikwiriye, bakagira isoni birinda kandi batirimbisha kuboha umusatsi cyangwa izahabu cyangwa imaragarita, cyangwa imyenda y’igiciro cyinshi;
[10]ahubwo birimbishishe imirimo y’ingeso nziza nk’uko bikwiriye abagore bavuga yuko bubaha Imana;
[11]Umugore yigane ituza aganduke rwose;
[12]kuko nanga ko umugore yigisha cyangwa ngo ategeke umugabo, ahubwo agire ituza;
[13]kuko Adamu ari we wabanje kuremwa nyuma hagakurikiraho Eva;
[14]Kandi Adamu si we wayobejwe, ahubwo umugore ni we wayobejwe rwose, ahinduka umunyabicumuro.

Igihugu kiza gitangirira ku muryango muzima. Burya mu rugendo rw’abantu babiri hagomba kuba umuto n’umukuru. Ni nako Imana yashyize gahunda y’ubuyobozi mu rugo aho yavuze ngo “umugore ntagategeke umugabo”.
ESE UMUGORE URUSHA UBUMENYI UMUGABO SI BYIZA KO YANAYOBORA URUGO?
Uko umuyobozi w’igihugu runaka cyangwa ikigo runaka bagira abatekenisiye bafite ubunararibonye bwihariye mu rwego runaka (domaine) ntibiha uburenganzira abo batekenisiye bwo gusumba cyangwa gutegeka umuyobozi wabo.
ESE UMUGABO UDAKORA INSHINGANO ZE UKO BIKWIRIYE SI BYIZA KO YAYOBORWA N’UWO BASHAKANYE?
Tuzakomerezaho ejo..
Imana iguhe umugisha ndagukunda!
Yari mwene so muri Yesu Kristo
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

