Umukecuru witwa Nyiransabimana Léocadie w’imyaka 58 wari utuye mu mudugudu wa Karambo mu kagari ka Nkumba; Umurenge wa Kinoni yitabye Imana azize inkoni zabyaye urupfu yakubitiwe ku musaza witwa Rwamahungu Léonar wo mu mudugudu wa Cyivugiza; Akagari ka Nkumba nawe uri mu kigero cy’imyaka 59.
Ni inkuru y’akababaro yumvikanye mu gitondo cyo kuri uyu wa 30/04/2026 mu mudugudu wa Cyivugiza; Akagari ka Nkumba mu murenge wa Kinoni aho uyu mubyeyi yakubiswe n’abahungu ba Rwamahungu Léonard bamusanganye nawe iwabo mu rugo.
Karibumedia.rw yavuganye na bamwe mu baturage bo mu mudugudu wa Cyivugiza mu kagari ka Nkumba mu murenge wa Kinoni, maze bayitangariza ko urupfu rw’uyu mubyeyi rwababaje benshi. Uwitwa Nshimiyimana Emmanuel na Muhawenimana Emmanuel ni bamwe muri abo baturage.
Nshimiyimana agize ati: “Urupfu rw’uriya mubyeyi rwatubabaje twese aho umuntu ajya gusura undi akicirwayo. Birashoboka ko yari yagiye gusura uriya mugabo Rwamahungu mu buryo bw’ibanga ngo amubaze uko abarwayi bameze, dore ko umugore wa Rwamahungu arwaje umugore w’umwisengeneza we mu bitaro bya Ruhengeri cyangwa se bari bagamije kwisangirira bisanzwe.
Abo bahungu be bamukubise nibo batanga amakuru yuzuye y’icyo bamukubitiye, bikaba byamuviriyemo urupfu. Muhawenimana Emmanuel we yagize ati: “Ahagana saa Saba z’ijoro twumvise abantu batabaza kwa Rwamahungu, turatabara dusanga uwo mubyeyi Nyiransabimana Léocadie yakubiswe tumujyana kwa muganga ku kigo nderabuzima cya Ntaruka ariko biba iby’ubusa kuko yahise yitaba Imana.
Icyo yakubitiwe ntawakimenya, gusa tugize amahirwe abamukubise bagafatwa, nibo batanga amakuru y’icyo bamuhoye.” Manishimwe Innocent ni umuhungu wa Nyakwigendera. Avugana na Karibumedia.rw yavuze ko nawe byamutunguye ubwo babimubwira kuri telefoni kubera yibera mu kazi k’uburezi mu karere ka Musanze. Yagize ati: “Inkuru y’akababaro k’urupfu rw’umubyeyi wanjye narwumvise kuri telefoni, aho bambwiraga ko umubyeyi wanjye yishwe n’abahungu ba Rwamahungu Léonard babiri aribo Tuyizere na Nzayisenga. Njyewe ntabwo nari mpari kuko ubusanzwe ndi umurezi nkaba nibera mu kagari ka Cyivugiza, umurenge wa Muko mu karere ka Musanze. Turasaba inzego z’ubutabera kudufasha abo bicanyi bagashakishwa, bagafatwa bagakurikiranwa kuko batubabaje cyane.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinoni, Kwizera Emmanuel yemeje iby’uru rupfu rubabaje ariko ko atahamya icyo yazize. Gusa ngo iperereza ryatangiye gukorwa ngo hamenyekane icyo yazize.
Yagize ati: “Iyo nkuru niyo kuko uwo mugore Nyiransabimana Léocadie yakubitiwe mu rugo rwa Rwamahungu Léonard saa Saba z’ijoro(01h00) bimuviramo urupfu ariko sinahamya icyo yazize akubitwa bikamuviramo urupfu. Akimara gukubitwa abaturage batabaye bamujyana kwa muganga ku kigo nderabuzima cya Ntaruka ariko agezeyo arapfa. Gusa, bivugwa ko yakubiswe n’abahungu ba Rwamahungu bitwa Tuyizere na Nzayisenga. Iperereza ryatangiye ngo hamenyekane icyo yazize n’abo bakekwa baracyashamishwa kuko baba bo ndetse na se ubabyara Rwamahungu, bose baburiwe irengero.”
Gitifu Kwizera Emmanuel yakomeje asaba abaturage kutajya bihanira igihe cyose babonye ikintu kitari cyiza ahubwo bakajya bitabaza ubuyobozi.
Yagize ati: “Icyo twasaba abaturage nuko bajya birinda kujya bihanira igihe cyose habaye ikibazo ahubwo bakajya bitabaza ubuyobozi bukabakemurira ibibazo hatabayeho kwamburana ubuzima.” Amategeko ateganya iki? Itegeko n° 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu ngingo yaryo ya 121, agaka kayo ka 6 kagira kati” Iyo gukubita cyangwa gukomeretsa byateye urupfu, igihano kiba igifungo kitari munsi y’imyaka cumi n’itanu (15) ariko kitarenze imyaka makumyabiri (20) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda (7.000.000 FRW).”
Ubwo umunyamakuru wa Karibumedia.rw yakoraga iyi nkuru, abakekwa bose kugira uruhare mu ikubitwa rya Nyiransabimana Léocadie bikamuviramo urupfu aribo Tuyizere na Nzayisenga ndetse na se ubabyara Rwamahungu Léonard bari bataraboneka ariko bagishakishwa ngo bashyikirizwe ubutabera. Andi makuru Karibumedia.rw izamenya izayabasangiza

