Mu nteko y’abaturage b’umurenge Rugarama yabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 03/03/2026, havugiwemo byinshi biri inmo : Kwishyura ubwisungane munkwivuza nta guseta ibirenge; Kubungabunga umutekano; Kugira isuku; Kurwanya ubujura n’ibindi .
Muri iyi nteko rusange yitabiriwe n’abaturage benshi harimo n’abayobozi batandukanye barimo n’Umuyobozi w’agateganyo wa Polisi mu karere ka Burera, SUPT GAKARA Viateur MUNYURASI washimiye abaturage uburyo bibungabungira umutekano maze abasaba kwirinda ibinyobwa bidafite ubuziranenge n’ubujura.

Yagize ati: “Mu murenge wa Rugarama muri abakozi kandi mureza cyane ariko kandi mugira n’abasinzi. Ndabasaba gukomeza kwibungabungira umutekano mwirinda ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, mugaragaza ababikora ndetse mukamagana cyangwa mukavuga n’abiba amatungo y’abaturage nk’uko byagaragaye k’umucuruzi witwa Ndereyimana bita SEBU muri Nyarwondo wafashwe yabaze amatungo y’abaturage.”
SUPT GAKARA yakomeje atungira agatoki abakorera ahazwi nka Kongo haba inganda zenga ibinyobwa bitujuje ubuziranenge cyangwa abakekwaho kuhacururiza Kanyanga.
Yagize ati: “Hari ahantu hazwi nko muri Kongo, ndimura icyicaro niyizire hano mu Rugarama, abo bantu mbafate kuko benga ibinyobwa bitujuje ubuziranenge ndetse ngo wasanga hari n’abahanywera kanyanga ariko ikigenderewe si ukubafata ngo bafungwe ahubwo ni ukubigisha, ababikora bakabireka bagakora ibyo amategeko yemera.”
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, MUKAMANA Soline yavuze byinshi birimo kwishyura ubwisungane munkwivuza nta guseta ibirenge; Kubungabunga umutekano; Kugira isuku; Kurwanya ubujura; Imirire mibi n’ibindi ariko yibanda cyane cyane ku kwishyura ubwisungane mu kwivuza nta guseta ibirenge kuko hari byinshi byongerewe kuri Mituelle nk’ubuvuzi budasanzwe.
Yagize ati: “Ku buvuzi bwatangwaga nka serivisi ku muturage, hiyongeyeho Kubaga amavi; Gutanga insimburangingo n’inyunganirangingo; Koza impyiko; Kuvura Kanseri; Kuyungurura amaraso (Dialyse); Kubaga umugongo; Kubaga ibice bikomeye hakoreshejwe inzira z’ikoranabuhanga n’ubuvuzi bwihariye.”
Meya MUKAMANA Soline yagarutse no ku kintu cyo kwirinda Ruswa n’ibifitanye isano nayo ahubwo asaba abaturage kujya batangira amakuru ku gihe kubayitanga n’abayihabwa.

Yagize ati: “Baturage beza ba Rugarama mwirinde ubaka ruswa ngo aguhe serivisi wemerewe nta kiguzi, witanga ruswa kubyo wemererwa n’amategeko; Vuga abayitanga n’abayakira uzaba utanze umusanzu wawe mu kubaka igihugu. Hari abayita akantu; Ikiziriko; Umuti w’ikaramu; Agatsindagira dosiye n’andi mazina atandukanye ndetse turabizi ko hari n’abayobozi bima abaturage service bakababwira ko nta network, bamara kubaha akantu network ikaboneka.
Bamwe mu baturage bitabiriye iyi nteko y’abaturage barimo abakuru b’imidugudu bavuganye na Karibumedia.rw bayitangarije icyo bagiye gukora nk’ubukangurambaga ngo abaturage bishyure ubwisungane mu kwivuza nta guseta ibirenge.
Hategekimana Jean Claude ni umukuru w’umudugudu wa Muturirwa wagize ati: “Abaturage bakimara kumva ko kuri Mituelle bazajya bavura umigongo; Impyiko n’indwara zikomeye, biyemeje ko bagomba kwishyura nta kuzuyaza kandi ndabyizeye kuko n’ubundi umudugudu wanjye ni indashyukirwa muri gahunda zose za Leta.”
Mugenzi we uyobora umudugudu wa Sasa yagize ati: “Icyo nzi cyo abaturage barabyumva kandi bagomba no kubyumva kuko uhereye ubwo Mituelle yatangizwaga mu myaka 25 ishize, abaturage babonye ubwiza bwayo none bongeyeho no kuvura indwara zikomeye !! Bazabyumva kandi bazabikora.”
Inteko y’abaturage yashojwe abaturage bahawe umwanya wo kubaza ibibazo no gutanga ibitekerezo kandi ibyabajijwe byose byatangiwe ibisubizo n’ibitabonewe ibisubizo bikazakorerwa ubuvugizi.

